Kigali

Hari abo byateye urujijo! Davido yatunguwe n'ibyavuzwe n'umukinnyi wa Real Madrid

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:25/03/2024 9:23
0


Umukinnyi wa Real Madrid n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, Aurelien Tchouameni yazamuye ibitekerezo n’inkuru nyinshi nyuma y'uko atangaje ko yatangiye kumva umuziki wa Davido afite imyaka 10.



Aurelien wari umwe mu bitabiye ikiganiro cya The Bridge hamwe n’abarimo Davido, Cindy Bruna na François-Henry Bennahmias wahoze ayobora Audemars Piguet.

Yumvikanye avuga  uburyo yatangiye gukunda ibihangano bya Davido mu myaka myinshi ishize  ubwo yarafite imyaka 10 y’amavuko.

Mu magambo ye Aurelien yagize ati”Guhera mu myaka ishize ubwo narimfite nk’icumi, ni bwo natangiye kumva ibihangano bya Davido.”

Bikaba ari ibintu byatunguye abari kumwe n’uyu mukinnyi na Davido ubwe ati”Imyaka 10?” Abandi nabo bari kumwe bati”Ushatse kuvuga ko Davido ashaje.”

Aurelien asaba ko batabifata nabi ko ari ko kuri abafana nabo bahereye aha batangira kwibaza ku byatangajwe n’uyu mukinnyi bavuga ko bitumvikana.

Nka Dannie yumvikanye agira ati”None se Davido ubwo afite imyaka ingahe.”

Nald ati”Davido yishyuye amafanga angana iki uyu muntu koko.”

Ariko ntabwo Aurelien ari kure y’ukuri kuko uyu mukinnyi yabonye izuba muri 2000 mu gihe Davido yinjiye by’umwuga mu muziki muri 2009.

Mu minsi ishize Davido akaba aheruka kwifashisha abakinnyi batandukanye ba Real Madrid mu ndirimbo ‘Away’ inagaragaramo amashusho mato yafashe ubwo yari mu Rwanda mu birori bya Trace Awards.Aurelien yavugaga ko ku myaka 10 yumvaga Davido byatunguranye guhera kubo bari kumwe mu kiganiroDavido yumvikanye yibaza niba koko Aurelien yarafite imyaka 10 dore ko ubabonanye wagira ngo bari mu myaka imweUmunyamideli Cindy Bruna ari mu bahuriye mu kiganiro na Aurelien na Davido

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYOSE

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND