RURA
Kigali

Lij Mic yitezweho gutigisa Capital One Arena mu iserukiramuco azahuriramo na The Ben na Diamond

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:23/03/2024 16:40
0


Muri Gicurasi 2024 hitezwe iserukiramuco ryatumiwemo abahanzi bakomeye hafi ya bose muri Afurika y’Iburasirazuba barimo Lij Mic umuraperi ukomoka mu gihugu cya Ethiopia.



Ushobora kuba ujya wumva Ethiopia ugatekereza ahanini ku bindi birimo nko kuba ari igihugu Meddy yakuyemo umugeni, Miss Nishimwe Naomie akaba agiye kugishyingirwamo n’ibindi bitewe n’igisata cy’ubuzima ubarizwamo.

Gusa burya kino gihugu gifite umuziki uteye imbere, ndetse byatumye abateguye iserukiramuco rya Colors Of East 2024 rizaba kuwa 23 na 26 Gicurasi 2024 i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, babatekerezaho.

Mu batumiwe harimo abahanzi nyarwanda batatu barimo The Ben, Li John na Onyx bose bitezweho kuzahagararira u Rwanda neza.

Hatumiwemo kandi Diamond Platnumz witezweho kuzatigisa Capital One Arena izakira iri serukiramuco, gusa mu bandi bazaba hafi y’uyu muhanzi harimo umuraperi Lij Mic ari na we tugiye kugarukaho.

Amateka ya Lij Mic inararibonye mu by’ikoranabuhanga waje kuvamo umuraperi n’umuhanga mu gutunganya umuzikiMichael Taye [Lij Michael/Faf] ni umuhanzi ukomoka muri Ethiopia wamamaye mu njyana ya Hip Hop, byanatumye agaragaza iki gihugu nka kimwe mu bikomeye mu muziki.

Yabonye izuba kuwa 19 Gashyantare 1986. Yasoreje amashuri abanza muri Andenet aza gukomereza Kaminuza mu ishami rya IT, ari nabyo yakoragamo mbere yo kwinjira mu muziki.

Lij yamenye ko afite impano mu birebana n’umuziki ubwo yari umushyushyarugamba w’umwuga [MC]. Yaje gukunda cyane imyidagaduro birangira yisanze ahuza Hip Hop n’injyana gakonda za Ethiopia.

Kuva icyo gihe uyu mugabo yatangiye kunyura benshi mu muziki mu njyana zitandukanye yaba mu mirapire, imirongo ayihuza neza ndetse yaniririmbana nabyo bikizihira benshi.

Muri 2016 ni bwo yaje gushyira hanze umuzingo we wa mbere yise ‘Zaraye Yehun Nege’ ugizwe n’indirimbo 15, zose zari zikoze mu njya ya Hip Hop. Ni umuzingo wageze kure mu buryo bugaragara.

Uyu mugabo akundirwa imyandikire n’uburyo yitwara ku rubyiniro. Yaje gutangira gukora uruhererekane rw’ibitaramo mu Burayi aza no gutumirwa muri Coke Studio Africa yitabiriye inshuro zigera kuri 4 mu myaka itandukanye.

Yahataniye ibihembo bya MTV Music nk'umwe mu bahanzi bihagazeho muri Afurika, akaba amaze kwigwizaho abafana benshi birushaho gushyira ku rundi rwego ibikorwa bye.

Lij Michael ni umuhanga mu bijyanye no gutunganya indirimbo aho ari we ubwe witunganyirije umuzingo wa mbere.Ari mu bitezweho kuzagaragaza ko Afurika y'Iburasirazuba ifite umuziki mwizaLij Mic akundirwa ubuhanga bwe mu njyana ya Hip Hop, uko yitwara ku rubyiniro n'imyandikire yeAri muri bacye babashije guhatana mu bihembo bya MTV Music muri AfurikaIserukiramuco rya Colors Of  East ritegerejwe na benshi mu mpeshyi 

KANDA HANO WUMVE UNAREBE IBIHANGANO BYA LIJ MIC

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND