RFL
Kigali

Marco Trungelliti yegukanye Icyumweru cya Kabiri cya ATP Challenger ihita ishyirwaho umutemeri

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:11/03/2024 9:35
0


Umunya-Argentine, Marco Trungelliti, yegukanye Icyumweru cya Kabiri cy’irushanwa Mpuzamahanga rya Tennis, ATP Challenger 50 Tour nyuma yo gutsinda Umufaransa, Clèment Tabur amaseti 2-0.



Wari umukino wa nyuma wari witezwe na benshi, ukaba wabaye kuri iki cyumweru tariki 10 Werurwe, 2024. Abakinnyi bose bageze ku kibuga hakiri kare, dore ko umukino watangiye ku isaha ya Saa Tanu z’amanywa ku kibuga byo muri IPRC-Kigali.

Abakunzi ba Tennis mu Rwanda, bari bawitabiriye ku bwinshi, cyane ko wari wahuje abakinnyi bakomeye mu mukino wa Tennis ku Isi.

Marco Trungelliti wari waratsindiwe ku mukino wa nyuma mu Cyumweru cya Mbere cya ATP Challenger 50 Tour na Kamil Majchrzak ukomoka muri Pologne, yorohewe n’umukino w’uyu munsi. Uyu Munya-Argentine yawutsinze ku maseti 2-0 (6-4, 6-2) ahita ahabwa igihembo cy’ibihumbi 5 y’Amadorari ya Amerika.

Mu bakina ari babiri (Doubles), Thomas Fancutt na Hunter Reese begukanye Icyumweru cya Kabiri cya ATP Challenger 50 Tour nyuma yo gutsinda S.D Dev Prajwal na David Pichler amaseti 2-0 (6-1, 7-5).

Iyi mikino yatangiye tariki 26 Gashyantare, aho icyumweru cya mbere cyegukanwe na Kamil Majchrzak atsinze Marco Trungelliti, ndetse uyu mukino wa nyuma ukaba waritabiriwe na Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame.


Ni umukino wabanjirijwe n'imbyino gakondo ndetse n'abakinnyi bari bishimiye cyane 


Clement Tabur yatsindiwe ku mukino wa nyuma





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND