RFL
Kigali

Hagiye kuba iserukiramuco ryitiriwe Album ya Buravan

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:27/04/2024 16:11
0


Mu rwego rwo kumuha icyubahiro no gusigasira umurage w’ibihangano yasize, umuryango Yvan Buravan Foundation, watangaje ko ugeze kure imyiteguro y’iserukiramuco ry’umuziki bise “Twaje Fest” rifatiye kuri Album ya nyuma Buravan yasize akoze.



Ku wa 17 Kanama 2022, ni bwo Yvan Buravan, umuhanzi wari umaze kuba icyamamare mu njyana ya R&B, yitabye Imana ku myaka 27 azize indwara.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Mata 2024, Buravan yari kuba yujuje imyaka 29. Yari umuhanzi w’impano zikomatinyije, watanze ibyishimo kuri benshi binyuze mu bitaramo yaririmbyemo, ibihangano byuzuye za Album yagiye ashyira hanze n’ibindi.

Buravan yavukiye i Gikondo mu mujyi wa Kigali, yari bucura (umuhererezi) mu bana batandatu bava inda imwe nawe. Impano ya Buravan yamenyekanye ubwo yabaga uwa kabiri mu marushanwa ya muzika ku rwego rw’igihugu afite imyaka 14.

Inshuti, abavandimwe, umuryango we n’abandi bifashishije imbuga nkoranyambaga bagaragaza icyuho n’urukumbuzi bafitiye uyu munyamuziki.

Uncle Austin wabanye n’uyu muhanzi igihe kinini, yasohoye amafoto amugaragaza ari kumwe n’abarimo Nice Bundandi, Israel Mbonyi n’abandi, ubwo bari kumwe na Buravan yizihiza isabukuru.

Mu butumwa bwo kuri Instagram yagize ati “Isabukuru yo mu Ijuru murumuna wanjye. Nabuze inshuti n'umuvandimwe mu gihe wagiye nishimiye ko twahoraga dukata umutsima. Turagukunda man.”

Ruti Joel, inshuti y’akadosohoka ya Buravan yanditse ubutumwa bugaragaza ishimwe afite kuri uyu muhanzi mu gihe bamaranye bakora umuziki. Yishimira ko Buravan ari mu ba mbere bumvise kandi bakabyina indirimbo ye ‘Musomandera’ yitiriye Album.

Yavuze ati “Isabutore nziza! Komeza utaramire ijabiro mwiza wanjye Yvan Buravan. Bintera ishema ko wabyinye ‘Musomandera’, inshuti yawe cyane.”

Buravan yari afite inzozi zagutse birimo no kuzashyiraho ishuri ritoza abakiri bato kubyina Kinyarwanda. Binyuze mu muryango wamwitiriwe, iri shuri ryarafunguwe, ndetse muri Gicurasi 2024 baritegura gutangiza iserukiramuco ryitiriwe Album ye ‘Twaje’ iriho indirimbo zamamaye mu buryo bukomeye.

Album ya Buravan iriho indirimbo ‘Bwiza’ yakoranye na Andy Bumuntu, ‘Impore’ yakoranye na Dj Marnaud na Ruti Joel, ‘Twaje’, ‘Tiku Tiku’, ‘VIP’ yakoranye na Ish Kevin feat Pro Zed, Gusaakara’, ‘Ye ayee’, Ituro’ , ‘I Love you yoo’ na ‘Ni Yesu’.

Umutoni Raissa, Mushiki wa Buravan yabwiye InyaRwanda ko iri serukiramuco bariteguye mu rwego rwo gushyira mu bikorwa inzozi za Buravan no kumuha icyubahiro.

Ati “Ni iserukiramuco twise ‘Twaje Fest’ rizaba rishingiye kuri Album ye ya ‘Twaje’ ariko turacyari kubitegura ku buryo mu minsi iri imbere tuzatangaza gahunda yose.”

Akomeza agira ati “Kuri uyu munsi we w’amavuko twari twifuje kubasangiza ko ari cyo gikorwa turi gutegura gukora.”

Ubwo yari mu muhango wo gutaha ishuri 'Twaje Cultural Academy' ryitiriwe Buravan, Umutoni Raissa yavuze ko musaza we yari umuntu warangwaga n'urukundo rwinshi, ku buryo atari yarigeze abibona neza. Avuga ko yarangwaga n'umunezero, ku buryo nk'iyo umuryango wateranye, babona ko yasize icyuho cy'ibyishimo batakibona.  

Mutoni yavuze ko basubije inyuma amaso basanga ntawigeze ahitiramo Buravan icyo azakora. Kuko ubwana bwe bwaranzwe no gukunda umuziki, kugeza ubwo yari afite imyaka 14 yitabiriye irushanwa ry'umuziki ryamuhesheje igihembo cya Miliyoni 1.5 Frw.

Yavuze ko ubuzima bwa Buravan bumuha amasomo menshi. Kuko yisobanukiwe akiri muto. Ngo ubwo yari afite imyaka 14, yababwiye ko azakora umuziki mu buryo bw'umwuga, kandi ababwira ko adashaka kuwukora mu buryo bwo kwishimisha.

Ubwo yari asoje amashuri yisumbuye ku myaka 18, Buravan yagiye mu itorero yiga kubyina, agejeje imyaka 20 atangaza ko yinjiye mu muziki mu buryo bweruye.

Mutoni avuga ko Musaza we Mukuru we ariwe wafashije Buravan gutangira umuziki. Kandi ko ubwo yiteguraga kwinjira mu muziki yakoresheje ibirori byo gutangira urugendo rwe rw'umuziki.

Buravan yari afite intego zo gukora umuziki, ariko kandi akubakira ku gukorana n'abandi kugeza umuziki w’u Rwanda ku rwego mpuzamahanga.

Yavuze ko bitewe n'intego yari afite 'ibintu bye byarihutaga'. Asobanura musaza we nk'umuntu 'wabaniraga neza abandi 'kugeza n'uyu munsi mukaba mukitubanira'. 

Raissa anavuga ko ubwo musaza we yahatanaga muri Prix Découvertes RFI 2018, yavugaga ko azayegukana. Ati "Koko nk'uko yabivugaga arayitwara."

 

Hagiye kuba iserukiramuco ryitiriwe Album ‘Twaje’ ya Buravan

 

Kuri iyi tariki, Yvan Buravan, umunyamuziki wakunze Igihugu yari kuba yujuje imyaka 29

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ZIGIZE ALBUM ‘TWAJE’ YA BURAVAN

">





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND