RURA
Kigali

Inganzo Ngari na Mike Kayihura bategerejwe mu gitaramo cyo kwizihiza Umunsi w’Umugore

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:3/03/2024 21:18
0


Itorero Inganzo Ngari ryamamaye mu mbyino gakondo ndetse n’umunyamuziki Mike Ntwaza Kayihura bemejwe kuzataramira abanyeshuri bo mu ishuri rya Green Hills Academy mu rwego rwo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore.



Iki gitaramo cyahawe inyito ya “Rwanda Festival Nyirarumaga” mu rwego rwo kwizihiza no gucyeza Nyiraruramga, umugore watangije ubusizi bubumbatiye amateka y’ingoma zabanje.

Muri iki gitaramo kizaba ku wa Gatanu tariki 8 Werurwe 2024, bazazirikana uruhare rwa Nyarirarumaga mu guteza imbere ubusizi kugirango ibikorwa bye bikomeze kuzirikanwa mu muco n’ubuvanganzo.

Kandi biri mu murongo wo kwerekana ko ubutwari bw’abari n’abategarugori atari ubw’ubu ahubwo ari kuva cyera.

Umuyobozi Ushinzwe Umuco muri Green Hills Academy, Nahimana Serge yabwiye InyaRwanda ko bateguye iki gitaramo mu rwego rwo kwizihiza byihariye Umunsi w’Umugore, kuko iki gitaramo gisanzwe kiba buri mwaka, aho abanyeshuri bo mu bihugu bitandukanye bagaragaza imico y’ibihugu yabyo.

Yavuze ati “Ni cya gitaramo ngaruka mwaka. Kuri iyi nshuro rero kizaba ku munsi w’abari n’abategarugori wizihizwa buri tariki 8 Werurwe buri mwaka.”

Nahimana yavuze ko buri mwaka bagira abahanzi bakorana mu rwego rwo gususurutsa abanyeshuri, ari nayo mpamvu kuri iyi nshuro batekereje ku Itorero Inganzo Ngari ndetse na Mike Kayihura.

Ati “Tugenda duhindura abahanzi buri mwaka. Uyu mwaka rero abana bazasobeka n’Inganzo Ngari. Ibintu bidasanzwe ko abanyeshuri baserukana mu ngamba n’intore zabigize umwuga.”

Yavuze ko bahisemo Mike Kayihura kubera ko ari ‘umuhanzi ukiri urubyiruko abana bakunda’ kandi ‘akaba ari n’umunyeshuri wize muri Green Hills Academy’.

Nahimana yavuze ko ibirori byo kwizihiza Umunsi w’umugore bizarangwa n’ibikorwa bijyanye n’umuco, aho abanyeshuri n’abakozi bazambara Kinyarwanda, kandi amasomo azigishwa agendanye n’u Rwanda.

Akomeza ati “Ibyo bigasozwa n’igitaramo nyarwanda kizarangwa n’imbyino, imikino, ibisigo n’ibindi bijyanye no gutarama.”

Inganzo Ngari na Mike Kayihura bagiye gutaramira muri Green Hills Academy, babibisikana na Cecile Kayirebwa, Angel na Pamella na Andy Bumuntu bahataramiye mu mwaka wa 2023, mu gitaramo abanyeshuri bagaragajemo umuco w’ibihugu bitandukanye.

Iki gitaramo ngaruka mwaka kitabirwa n’abanyeshuri, ababyeyi barerera muri iki kigo, abayobozi mu nzego zinyuranye ndetse n’abandi.

 

Itorero Inganzo Ngari rizifatanya n'abanyeshuri ba Green Hills Academy gususurutsa abazitabira kwizihiza Umunsi w'Umugore


 

Inganzo Ngari bamaze iminsi bagaragara mu bitaramo bitandukanye byubakiye ku muco

 

Mike Kayihura wamamaye mu ndirimbo zirimo 'Tuza', 'Zuba' ategerejwe mu gitaramo mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w'Umugore

Mike Kayihura ni umwe mu banyeshuri bize muri Green Hills Academy nyuma yinjira mu muziki 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'TUZA' YA MIKE KAYIHURA

">
 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND