RFL
Kigali

Irebere ababyeyi n'urungano baherekeje umugeni wa Killaman-AMAFOTO+VIDEO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:2/03/2024 17:55
0


Umuhoza Shemsa umugeni wa Niyonshuti Abdul Malick [Killaman] yagaragiwe n’ababyeyi n’urungano mu muhango wabo wo gusaba no gukwa.



Kuwa 02 Werurwe 2024 ni bwo Killaman yasabye anakwa Umuhoza Shemsa bafitanye abana 2.

Aba bombi bashyigikiwe n’ibyamamare bitandukanye yaba ku ruhande rw’umusore no ku rw’umukobwa.

Tugiye kubagezaho mu buryo bw’amafoto abaherekeje Shemsa wasohowe na Massamba Intore.

Bari ababyeyi n’urungano rw’uyu mukobwa harimo Lynda Priya na Inkindi Aisha mu bafite amazina azwi.

Wari umurongo muremure ubona ko abagaragiye Shemsa bari barabyiteguye.

Habe mu myambarire bacyeshejwe kandi na Orny makeup basanzwe bakorana n’ibyamamare bitandukanye.

Ariko kandi bagendeye mu mujyo w’injyana gakondo za Massamba Intore washimishijwe cyane no kubona Killaman amwenyura binyuranye n'uko abantu basanzwe bamuzi muri filimi.

Kuwa 08 Gashyantare 2024 ni bwo Killaman yasezeranye mu mategeko n’imbere y’Imana mu idini rya Islam.

KANDA HANO UREBE UKO INGANZO NGARI YASERUTSE

">

Massamba Intore ni we wasohoye umugeni wa Killaman wari ugaragiwe n'ababyeyi n'urungano bari barimbyeAbakobwa n'ababyeyi baherekeje Shemsa bacyeshejwe na Orny makeup iri kuzamuka neza mu gufasha ibyamamareBasaza ba Shemsa bamutanze mu muhango wo gusaba no gukwa wabereye kiri Romantic Garden

AMAFOTO+VIDEO: FREDDY MUSONI & MURENZI DIEUDONNE-INYARWANDA.COM






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND