RFL
Kigali

Umusirikare wa Amerika yitwikiye kuri Ambasade ya Israel, ayisigira ubutumwa

Yanditswe na: Ngabonziza Justin
Taliki:26/02/2024 10:38
0


Umusirikare wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yapfuye azize kwitwika nyuma yo kwandika ubutumwa bushinja Israel gukorera abanya- Palestine Jenoside



Ku cyumweru Tariki ya 25 Gashyantare 2024 ,nibwo uwo musirikare wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yitwitse agamije kugaragaza ko ibitero Ingabo za Israel zikomeje kugaba mu Ntara ya Gaza ari Jenoside irimo gukorerwa Abanya-Palestine.

Uwitwitse ni umusirikare wo mutwe w'Ingabo zirwanira mu kirere witwa Bushnell Aaron . Icyo gikorwa yagikoreye mu mujyi wa Washington DC ahagana Saa Saba zo muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika kuri Ambasade ya Israel muri Amerika .

Mbere yo kwiyahura  yitwitse Aoron yanditse ubutumwa bwagiraga buti “Uyu munsi, ndateganya gukora igikorwa cyo kwigaragambya kubera Jenoside iri gukorerwa Abanye-Palestine.”

Nyuma yo kwitwika , inzego zishinzwe umutekano zaramutabaye  ajyanwa  kuvurwa  ariko ageze ku bitaro ahita apfa  nk'uko bitangazwa na  Aljazeera. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND