RFL
Kigali

Abahanga bagaragaje ibintu 4 biranga umugabo uzubaka rugakomera

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:22/02/2024 8:21
0


Urukundo rurangwa no kwiyemeza ndetse no wihangana umunsi ku wundi. Abasobanukiwe n’inkundo zifite uburambe batangaje ibintu bikomeye bigaragaza umusore uzakunda ubuziraherezo ntiyubakire ku musenyi



Aya marangamutima y’abantu babiri ndetse n’ibyiyumviro bihuzwa bikarema umuryango, ntibyorohera buri wese, kuko benshi  ntibagira amahirwe yo  kurambana cyangwa ngo basazane nk'uko bamwe babisezerana mu mategeko n’imbere y’Imana, ndetse umubare w’abaka gatanya ugakomeza kwiyongera.

Dore ibyatangajwe n’abahanga mu gusobanura  urukundo, biranga umugabo uzagumana nawe mugatandukanywa n’urupfu:

      1.     Kumva umukunzi 

Kumva umuntu kabone niyo mwaba  mudahuje imyumvire ukamwakira burya bigira bake kuko kamere ya muntu irangwa no kwikunda no kwikubira ibyiza byose.

 Abagabo bahorana icyubahiro ndetse n’abagore barakibagomba, niyo mpamvu bamwe babigenderano bakiyumva nkaho bakwiye guhora bafata imyanzuro yabo bombi, aho kumva abagore kuko bamwe batekereza ko ari abayobozi.

Abagabo bakunze kugira impano yo gucisha make ndetse bagahitamo gusenya aho guhangana n'abakunzi babo cyangwa abagore bashyingiranwe, batitaye ko bakibakunda.

Batangaje ko umugabo uzagumana n’umugore we, arangwa no guca bugufi akumva n’imyanzuro y’umugore kandi ntiyikunde ahubwo akamenya gutandukanya ibyifuzo bye n'iby'umugore, gusa akiga kubihuza bakabana amahoro.

      2.     Kwitangira umukunzi

Igitsina gore akenshi bishingikiriza ku mbaraga z’abagabo cyangwa abakunzi babo bakumva bo bafite intege nke zigomba gushyigikirwa. Ibi bihura n’icyubahiro gihabwa abagabo kuko abagore babafata nk’abantu badasanzwe bahorana imbaraga.

Nyamara umugabo wakunze yitanga wese. Kwitangira abakunzi babo bibahindukira nk’ihame kuko baba batifuza kubatakaza no kubabona bababaye, ibyo bigashimisha abagore kuko bumva bakikijwe n’imbaraga.

     3.     Ashyira umukunzi we mu mishinga y’ahazaza

Birashoboka ko umukunzi wawe mubana cyangwa mutari mwabana ariko mwitegura kuzarushinga. Kimwe mu bigaragaza umugabo cyangwa umusore wakunze urukundo rudafite iherezo, ategura ahazaza he atibagiwe n’urukundo rwe.

Abakunda by’akanya gato rimwe na rimwe bahisha ibyo bahugiyemo, cyangwa bagatangaza bimwe bidafite agaciro ibiremereye babihishe abakunzi babo, kuko bazi neza ko babakunda mu gahe gato bitewe n’impamvu zitandukanye zishobora kubibatera.

Banditse bagira bati “ Umugabo ugukunda by’ukuri acika ku muco wo kuvuga ngo “Njye, ahubwo agakoresha Twe”. Ibyo ategura arabigusangiza, akumva nawe ibyo utegura mugafatanya kungurana ibitekerezo nk’abantu babaye umwe cyangwa babyitegura nk'uko bikomeza gutangazwa.

      4.     Kubaha umukunzi

Nubwo abagabo bakwiye kubaha kandi bagomba guhabwa icyubahiro mu buryo buhoraho, ariko nanone umugabo muzima nawe yubaha abandi, bigatuma yakira cya cyubahiro akwiye.

Ntawahakana ko umugabo wubaha, abantu benshi bamukunda ndetse bakamubonamo umuntu w’ingirakamaro wagishwa inama.

Banatangaza ko  umugabo utazatenguha umugore we arangwa no kwiyubaha ubwe ndetse akubaha umukunzi we, bikaba bimwe mu bigaragaza ko azashobora kubaka urugo rugakomera.

Kubaha umukunzi hakubiyemo byinshi birimo no kumureba mu ishusho  y'umubyeyi mwiza mu rugo rwanyu.

Source: GlobalEnglishEditing

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND