RURA
Kigali

Kevin Kade ari kubarizwa i Dubai mu bikorwa by’umuziki-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:20/01/2024 13:22
1


Umuhanzi ugezweho muri iki gihe mu ndirimbo ‘Munda’, Kevin Kade ari kubarizwa mu Mujyi wa Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, mu rugendo rugamije kuhakorera amashusho ya zimwe mu ndirimbo ze bwite ateganya gushyira hanze.



Uyu muhanzi yabwiye InyaRwanda, ko ku wa Mbere tariki 22 Mutarama 2024 ari bwo azagaruka mu Rwanda nyuma y’icyumweru kirenga abarizwa i Dubai.

Kevin Kade avuga ko gukorera indirimbo muri uriya Mujyi w’ubukerarugendo, ari kimwe mu byo yari yariyemeje mu ntangiriro z’uyu mwaka.

Avuga ko indirimbo yakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Element n’amashusho (Video) yakozwe na Uniquo Creations wanagize uruhare mu gutunganya indirimbo ye igezweho muri iki gihe yise ‘Munda’.

Kevin Kade yagaragaje urutonde rw’indirimbo zirimo ‘Akanyama’, ‘Umugongo’, ‘Icyuya’, ‘Umushu’ yakoranye na Dusabimana Emmanuel yakoranye na Lucky Fire, ‘Tepe Tepe’ yakoranye na Kenny Shot ndetse na ‘Ndeka Byanze’.

Iyi ndirimbo ye yise ‘Munda’ bigaragara ko yanditswe n'abantu bane barimo Bill Ruzima, Element Eleeh, Rumaga na Kivumbi, ni mu gihe gitari yumvikanamo yacuranzwe na Jules Hirwa.

Irimo ababyinnyi basanzwe bazwi mu ndirimbo z'abandi bahanzi nka General Benda, Jordan, Kallas ndetse na Grevis.

Yabaye indirimbo ya gatatu, Producer Element yakoreye Kevin Kade mu buryo bw'amajwi (Audio), ariko kandi n'iyo ndirimbo ya mbere amwifashishije mu mashusho y'indirimbo ibizwi nka 'Choreographer'.

Kevin Kade yigeze kubwira InyaRwanda ko bakoze iyi ndirimbo bagendeye kuri bimwe mu byaranze ubwami bwa Misiri mu rwego rwo kugaragaza umuco wa kiriya gihugu no kwagura ibihangano bye.

Uyu musore anavuga ko bakoze iyi ndirimbo bisanisha n'ibyaranze ubwami bwa Misiri, kubera ko iyi ndirimbo ibyinitse. Ati "Indirimbo yacu ikaba irimo iningiri mu mudiho wayo, gusa ntabwo ari Element arimo nk'umuhanzi, ni uko namwifashije mu mashusho y'indirimbo.

Kevin Kade avuga ko yandika iyi ndirimbo yatekereje ku musore ushobora gukunda umukobwa wo mu bakire, akagorwa no kwemerwa mu muryango. 

Muri iyi ndirimbo, Kevin Kade aba ari umusore wakunze umukobwa w'umwami, akagorwa no kumugeraho, rimwe na rimwe agakoresha amayeri yatumye abasha kumugerhao.

Ibitabo by’amateka bivuga ko ubwami bwa Masiri bwabayeho ahagana mu mwaka wa 3100 mbere ya Yesu/Yezu Kristo. Inyandiko zigaragaza ko bwashingiwe ku mugezi wa Nile, kandi bwabaye imvano y’imyemerere, ubusizi, imibereho ya muntu n’ibindi

Abanyamisiri ba kera bemeraga imana nyinshi kuko bagiraga ibigirwamana ndetse n'ibigirwamanakazi. Mu mashusho y’iyi ndirimbo, Kevin Kade agaragaza bimwe mu bice bimeze nk’ubutayu, ‘Pyramid’, imyambaro yisanisha n’abanya-Misiri n’ibindi.

Muri iki gihe, Ngabo Richard [Kevin Kade] avuga ko ari gukora kuri album y'indirimbo 16 yise 'Baho'. Kandi avuga ko izaba iriho indirimbo z'abahanzi bo mu Rwanda no mu mahanga.

Uyu musore aravuga ko agiye gushyira hanze album ye ya mbere mu gihe asanzwe afite indirimbo hanze zakunzwe zirimo nka 'Pyramid' yakoranye na Kivumbi King na Drama T, ‘Amayoga’, ‘Nana’, ‘Tiana’, ‘Ma Bae’ n’izindi. 

Kevin Kade ari kubarizwa i Dubai mu bikorwa by’umuziki we


Kevin yavuze ko azava i Dubai ahakoreye amashusho ya zimwe mu ndirimbo ze


Kevin Kade yavuze ko muri uyu mwaka ashaka gushyira hanze album ye ya mbere


Kevin Kade asobanura ko yifashishije aba Producer bamukoreye indirimbo ‘Munda

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘MUNDA’ YA KEVIN KADE

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • munyantoreg41@gmail.com1 year ago
    tukurinyuma bro



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND