Kigali

Kelly Madla akomeje kuryoherwa n’urukundo n’umugabo we Lt David-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:15/01/2024 8:02
0


Uwineza Kelly [Kelly Madla] uheruka kwibaruka imfura n’umugabo we Lt David Nsengiyumva yashyize hanze ibihe by'agatangaza yagiranye n’uwo yeguriye byose.



Kelly Madla ni umwe mu bagize Mackenzie yamamaye mu ruganda rw’imyidagaduro binyuze mu nzu y’imideli ya Zoi bashinze igenda itunganya imyambaro yambarwa n’abasilimu barimo n’abanyapolitiki.

Kuri ubu Kelly Madla yashyize hanze ubutumwa bw’amafoto agaragaza ko we n’umugabo we Lt David bishimye muri ibi bihe by’intangiriro z’umwaka wa 2024.

Yabaye nk'ukomoza ku kuba urukundo rwabo ruhora rumubera rushya kandi rukomatanije ibyiza byose ati”Urukundo rw’imimerere inyuranye.”

Benshi barimo nabo bahuriye mu itsinda rya Mackenzie bagaragarije uyu muryango ko bawishimira.

Kelly Madla na Lt David bakaba barasoje umwaka wa 2023 bungutse imfura yabo ni nyuma y'uko muri Werurwe 2023 bari bakoze ubukwe bw’amateka bwitabiwe na Perezida Kagame n’umuryango we wose.

Lt David akaba yarasoreje amasomo ye ya gisirikare mu ishuri rurangiranwa rya Royal Military Academy, Sandhurst mu Bwongereza hari ku wa 02 Kanama 2022.

Iri ishuri rikaba ryaranizemo umuhungu wa Perezida Kagame akanaba ni inshuti magara ya Lt David, Cpt Ian Kagame wanamwambariye mu bukwe. Nyuma y'uko basoje umwaka wa 2023 bungutse imfura bakomeje kuryoherwa n'ubuzimaLt David na Kelly Madla muri Werurwe nibwo beretse ababyeyi, imiryango n'inshuti ibirori by'ubukwe bwaboAmafoto y'urwibutso yo ku munsi w'ubukwe bwa Lt David ari kumwe na Cpt Ian Kagame aha bose bari bakiri ba 2nd Lt






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND