RURA
Kigali

Mike Kayihura yakeje Denis Kanaka ukorera umuziki muri Amerika bamaze imyaka 11 bafatanya

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:11/01/2024 17:10
0


Mike Kayihura uri mu bahanzi bihagazeho mu muziki nyarwanda,yagarutse kuri Denis Kanaka umunyamuziki wabigize umwuga ubu uri gukorera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika batangiranye urugendo rw’umuziki.



Denis Kanaka yakoranye na Mike Kayihura ku mishinga myinshi inyuranye y’umuziki byumwihariko banafitanye indirimbo nka ‘My Queen’ iri mu zakunzwe.

Kuri iyi nshuro Mike Kayihura yafashe umwanya asangiza abakunzi b’ibihangano bye ko Denis Kanaka yabaye umwe mu bantu b’inkingi za mwamba mu byo akora.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Mike Kayihura yagize ati”Iyi foto ndi kumwe na Denis Kanaka isobanuye ikintu gikomeye kuri njye. Nakoreye indirimbo yanjye ya mbere niga mu mashuri yisumbye mu cyumba cye.”

Agaruka ku myaka ishize n'uko indirimbo yitwaga agira ati”Indirimbo yitwaga ‘Till I get it’ hashize imyaka isaga 11 ariko turacyari kumwe kugeza tubigezeho nubwo tunyura mu ngorane n’ibindi. Iyi nkuru izabarwa.”

Mike Kayihura ari mu banyamuziki beza u Rwanda rufite yaba mu kumenya gukoresha ibikoresho by’umuziki, ijwi ryihariye anafite imyandikire itangaje ku buryo agenda aniyambazwa n’abandi bahanzi.

Denis Kanaka na we ari mu bahanzi bamaze kugira izina banagiye bagira amahirwe yo gutaramira mu bitaramo bikomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Akaba kandi yaranakurikiranye amasomo ajyanye y’umuziki muri Kaminuza ya Suny Oneonta muri Leta ya New York, kuri ubu atuye muri Leta ya Georgia muri Amerika.Mike Kayihura na Denis Kanaka bamaze imyaka 11 baziranye bakoranye ku mishinga myinshi mu muzikiDenis Kanaka ari mu banyamuziki babyize kandi babikora neza yaba mu kuzitunganya no mu mirimbire mu njyana zitandukanye Mike Kayihura yavuze ko nubwo imbogamizi zitabura ariko umuziki bazakomeza kuwukora bageze ku rwego bifuje

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND