Rutahizamu uca mu mpande Ishimwe Kevin yatandukanye na Gasogi United yari asigajemo amezi atandatu.
Uyu rutahizamu ukina aciye mu mpande, byari bimaze iminsi bihwihwiswa ko atazakomezanya n'iyi kipe ya Gasogi United gusa kuri uyu wa Kabiri byaje kwemeza ubwo yashimirwaga.
Amakuru InyaRwanda yamenye ni uko uyu musore udakunze kuvugirwamo, azize kwishyuza umushahara yari aberewemo na Gasogi United, Perezida wayo akarakara cyane byatumye ashaka uko batandukana.
Tariki
18 Nyakanga 2022, nibwo Ishimwe Kevin yari yageze mu ikipe ya Gasogi United,asinye amasezerano y'imyaka
ibiri, yagombaga kurangira mu mpera z'uyu mwaka w'imikino.
Ishimwe
Kevin utarakunze guhirwa n'amasezerano yabaga yasinye mu makipe, yakiniye amakipe
arimo Rayon Sports, ayivamo yerekeza muri Pepinieres FC, ayivamo mu 2017 ajya
muri AS Kigali yavuyemo ajya muri APR FC, ayivamo 2020 yirukanwe, ajya muri
Kiyovu Sports ayikinira igice cya shampiyona ahava ajya muri Rayon Sports nayo
yakiniye igice cya shampiyona ahava batandukanye nabi, aribwo yajyaga muri
Gasogi United.
Usibye
kuba Ishimwe atavugirwamo, bituma ashinjwa imyitwarire idahwitse kenshi, ni
umwe mu banyempano beza bagaragara mu mupira w' u Rwanda, aho akundwa na benshi
kubera amacenga ye yihuta ndetse n'uburyo atanga imipira yorohera ba rutahizamu
gutsinda (Assists).
Gasogi
United ivugwamo ubukene, kuri uyu wa Gatanu, irasura Rayon Sports mu mukino
ubanza mu mikino yo kwishyura, ukaba umukino wa 16 muri rusange.
Ishimwe Kevin ubwo yasinyiraga ikipe ya AS Kigali mu 2017
Ishimwe Kevin ubwo yakiniraga ikipe ya Pepinieres FC, aha yarimo ikina na Rayon Sports yari yavuyemo
Yanyuze muri APR FC, gusa ahava nabi kuko yashwanye n'uwari umutoza wayo Adil
Ishimwe Kevin yakiniye Rayon Sports inshuro zigera kuri 2
TANGA IGITECYEREZO