Umutoza w'ikipe ya Le Messager Ngozi yavuze ko atigeze aganira n'abayobozi ba Rayon Sports ku buryo bamuha akazi.
Jimmy
Ndayizeye umwe mu batoza bakomeye mu gihugu cy'u Burundi, ubu niwe mutoza mukuru
w'ikipe ya Le Messager Ngozi. Iyi kipe kuri iki cyumweru, yakinnye umukino wa
gicuti n'ikipe ya Police FC, umukino warangiye ari ibitego 4 bya Police FC kuri
1 cya Le Messager Ngozi.
Nyuma y'uyu mukino, Jimmy Ndayizeye yagiranye ikiganiro n'itangazamakuru aho yagarutse ku buryo umukino wagenze, ndetse anavuga ku makuru yari amaze iminsi amwerekeza muri Rayon Sports.
Aganira n'itangazamakuru, Jimmy Ndayizeye
yavuze ko ntabiganiro bikomeye byabaye hagati ye ndetse n'abayobozi ba Rayon
Sports.
Yagize
Ati"Ntabwo navuga ko hari ibiganiro byinshi byabaye na Rayon Sports,
twaraganiriye gato ariko, navuga ko kandi bitabaye ibiganiro bikaze byo
kuganira n'abayobozi, kuko hari abantu bashakaga ko nyijyamo, ariko sinavuga ko
naganiriye n'abayobozi ba Rayon Sports."
Mbere
y'uko ubuyobizi bwa Rayon Sports bufata umwanzuro wo kureka Wade agakomeza
gutoza iyi kipe, hari amakuru yavugwaga ko Jimmy Ndayizeye yavuganye na Rayon
Sports ariko bagasanga ahenze bakamureka.
Jimmy
Ndayizeye amenyereye umupira w'amaguru wo mu Rwanda kuko yatoje ikipe ya Espoir
FC mu 2017, ayigeza ku mukino wa nyuma w'igikombe cy'Amahoro atsinzwe na APR
FC.
TANGA IGITECYEREZO