RURA
Kigali

Abarimo Ben Nganji, Dudu na Rugamba bateye urwenya karahava-AMAFOTO

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:15/12/2023 9:08
0


Abanyarwenya bamenyerewe mu gitaramo cya Gen Z Comedy, batanze ibyishimo ku bitabiriye biganjemo urubyiruko binyuze mu rwenya bagiye batambutsa.



Ni igitaramo cyahuje ingeri zose harimo abakinnyi ba filime batandukanye, abanyarwenya, abahanzi, abanyamakuru ,ba rwiyemezamirimo n'abandi.

Iki gitaramo cy'abanyarwenya bazwi nka Gen Z Comedy gikomeje kuzamura impano za benshi yaba muri uyu mwuga wo gutambutsa urwenya, abaririmbyi n'abandi.


Ku mugoroba wa tariki 14 Ukuboza 2023 habaye igitaramo cy'abanyarwenya cyahuje abahanga mu buhanzi butandukanye.

Abanyarwenya barimo Rugamba 'Dudu, Adim, Dudu,Ben Ganji, Mavide na Pazzo ndetse n'abandi.

Umunyarwenya Papa Gigi yateye urwenya agaruka ku ruhara rw'umunyamideri Franco ndetse no kungano y'uwitwa Melissa.


Isakari umunyarwenya yasekeje abantu avuga kuri The Trainer umutetsi no ku mutwe wa Franco.

Tizzy Usanzwe asetsa abitabiriye igitaramo cy'abanyarwenya, yagarutse kuri Rufendeke nawe umenyerewe mu gutetsa.


Tizzy yasekeje abitabiriye 

Umunyarwenya Pilate umenyerewe mu gutambutsa amakuru asekeje. Asetsa abantu avuga ko agiye kuvuga amakuru yaboze.


Igi gitaramo kandi cyasusurukijwe n'umuhanzi Nemeye Platini P wabarizwaga mu itsinda rya Dream Boys  akaba asigaye aririmba ku giti cye.


Cardinal yasekeje benshi agaruka ku muco wo gutereta. Yasereje Chita avuga ko akanga  abana ntibarire.


Ben Inganji yakiriwe ku rubyiniro. Uyu mugabo yashimishije benshi avuga inkuru zizwi nk'inkirigito. 


Inkirigito benshi bakunze yahimbwe na Ben Inganji 

Ben wahimbye inkirigito yifashishije  inganzo nyarwanda, yashimiye abantu bose bakunze inkirigito. 

Dudu  yasekeje abantu avuga ko Franco afite telefone inyerera nk'umutwe we.


Umunyarwenya Dudu yatanze ibyishimo 

Umunyarwenya Admin yatanze ibyishimo ku banyarwanda bitabiriye


Itsinda rizwi nka Mavide na Pazzo basekeje benshi ubwo bazaga bambaye imyenda igaragaza Noheli.


Itsinda rya Mavide na Pazzo ryinjije benshi mu minsi mikuru 

Iki gitaramo cyasojwe n'umunyarwenya Rugamba ukunze kubyina imbyino za Kinyarwanda.


Umutahira akaba n'umunyarwenya Rugamba yasoje igitaramo asetsa abantu


Miss Nyambo yitabiriye urwenya


Killaman nawe yari ahari mu rwenya 



Buryohe TV bari babukereye


Platini P yaririmbiye abakunzi b'ibihangano bye 


Binjijwe mu minsi mikuru bishimye banezerewe

Platini wamenyekanye mu itsinda rya Dream Boys  yagiriye inama abiganjemo urubyiruko

KANDA HANO UREBE AMAFOTO Y'IGITARAMO CY'ABANYARWENYA BA GEN Z COMEDY

AMAFOTO:Rwigema Freddy/InyaRwanda.com 

















TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND