RFL
Kigali

The Ben yahishuye ifoto ya mbere yafotoye Pamella

Yanditswe na: Dieudonne Kubwimana
Taliki:4/12/2023 16:20
0


Umuhanzi Mugisha Benjamin, uzwi cyane muri muzika nka The Ben yahishuriye abakunzi be ifoto ya mbere yafotoye umukunzi we Uwicyeza Pamella.



Ni ifoto yanyujije ku rukuta rwe rwa Instagram 'story', aho yagize ati:" Iyi niyo foto ya mbere namufotoye nkoresheje telephone yanjye". Iyi foto kandi akaba ayikurikije indirimbo ye yise "I'm in love".

Kugeza  ubu, aba bombi bageze kure imyiteguro y'ubukwe bwabo butegerejwe muri uku kwezi kwa k'Ukuboza  muri Kigali Convention Center. 

Babinyujije kuri Website yabo  bise 'The Ben and Pamella' bavuze ko ubundi mbere na mbere aba bombi bahuriye muri Kenya mu Mujyi wa Nairobi ku itariki ya 24 Ugushyingo 2019. The Ben yavuze ko agikubita amaso Pamella yumvise amkunze  bitewe nuko ubwiza  ndetse n'inseko ye  byamukuruye cyane.


The Ben yahishuye ifoto ya mbere yafotoye Pamella bwa mbere akoresheje telephone


The Ben aherutse guha Pamella imodoka yo mu bwoko bwa Ranger Rover


Imyiteguro y'ubukwe igeze kure






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND