Sinema nyarwanda ikomeje kwagura ibikorwa byayo no kwagura isoko yaba mu Rwanda no hanze yarwo, gusa hari zimwe mu nkuru zayivuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru bitandukanye , mu mwaka wa 2023 zitazibagirana mu mitima y'abanyarwanda ndetse no mu bakunzi ba Sinema muri rusange.
Dore zimwe mu nkuru zaciye igikuba kuri sinema nyarwanda zigakora ku mitima ya benshi bayikunda zinyujijwe ku mbuga nkoranyambaga zimwe zigatuma bamwe mu bakinnyi ba filime bamenyekana buri munsi
1. Imodoka
yahawe Bahavu Jeannette
Ibijyanye n'amasezerano ya Bahavu n'abatanze imodoka biracyari mu rukiko.
Mu ijoro ryo ku wa 1 Mata 2023, nibwo Bahavu Jeannette yatsindiye iyi modoka yo mu bwoko bwa KIA K5 yakozwe mu 2013 ifite agaciro ka miliyoni 13Frw.
Iyi nkuru ivuga kuri Bahavu n’imodoka yatsindiye nk’umukinnyi mwiza ukunzwe
muri filime nyarwanda yagarutsweho cyane.
2. Icyongereza
cya Alliah Cool
Umukinnyikazi wa filime nyarwanda Isimbi Alliance wamenyekanye
nka Alliah Cool yahindutse uruvugiro bitewe n’icyongereza yavugiwe ku rubyiniro
mu itangwa ry’ibihembo bya Trace Awards 2023, ubwo Kigali boss babes bari
bagiye gushyigikira Davido wari wegukanye igihembo.
Mu ijoro ryo kuwa 6 tariki ya 21 Ukwakira 2023 muri
BK Arena byari ibicika kubera ibirori bikomeye muri Africa byahabereye by’itangwa
ry’ibihembo bya Trace Awards. Ikintu cyasigaye mu mitwe y’abantu ni Kigali Boss
Babes.
Ubwo Alliah Cool yari ajyanye na mugenzi we Queen
Douce ku rubyiniro guha Davido igihembo cye, hajemo akantu ko kutamenya uko
ibintu byagenze. Ubwo bageraga ku rubyiniro Alliah Cool yivuze ibigwi na
bagenzi be, ntiyamenya ko abahatanye bamaze kwerekanwa. Uburyo yavuzemo Icyongereza byabaye inkuru yasakajwe ku bitangazamakuru byinshi biratinda.
3. Nyambo
na Killer Man
Umuntu yagiye mu matwi y'umugore wa Killer Man amubwira ko Nyambo aryamana n'umugabo we
Inkuru yavugaga ko Miss Nyambo na Killerman
baryamana yatunguye benshi barimo n’abafana ba filime nyarwanda. Mu kiganiro na
Isimbi Tv, Niyonshuti Yanick uzwi nka Killer Man yatangaje ko ababajwe n’inkuru
z’igihuha zivuga ko aryamana n’umukinnyikazi wa filime ,Nyambo Jesca benshi bazi
nka Miss Nyambo, bakunze gukinana muri filime zitandukanye.
Killer Man yahakaniye kure ibimuvugwaho atangaza ko Nyambo amufata nk'inshuti cyangwa mushiki we gusa
Uyu yoherereje ubutumwa bugufi
umugore wa Killer Man agira ati “ Nagiraga ngo nkubwire ko umugabo wawe na
Nyambo baryamana”.
4. Mama
Nick
Mama Nick yatangaje ko yavuye mu bitaro kandi ko atangiye koroherwa
Inkuru ivuga kuri Mukakamanzi Beatha wamenyekanye
nka Mama Nick muri filime y’uruhererekane ya City Maid, yavugaga ku burwayi
yagize nyuma yo gukora impanuka y’igare yamwangije amagufa yo mu rukenyerero.
Uyu mubyeyi wasabye amasengesho n’inkunga y’amafaranga kugirango abone ubuvuzi buhagije, yashimiye byimazeyo abanyarwanda bitanze uko bashoboye akabasha kwitabwaho akanasezererwa mu bitaro.
Mama Nick wagize
ikibazo cyo kubura umwana we w'umuhungu yahuye n’ibibazo by’inshi mu mwaka wa
2023 harimo n’iyo mpanuka gusa atangaza ko Imana yamwiyeretse bikomeye.
Iyi nkuru yo kubagwa kwe no guhura n’uburibwe yababaje
benshi, yaba abo mu itangazamakuru n’umuryango muri rusange.
5. Umwana
wiyahuye
Ku wa 5 Tariki ya 12 Nyakanga mu 2023 mu Mudugudu wa
Kaniga Umurenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze , umwana w’imyaka 11 yiganye imwe
muri filime z’umunyarwenya uzwi nka Mitsutsu akina yiyahura, nawe yimanika mu
kagozi arapfa.
Uyu mwana wakundaga umunyarwenya uzwi nka Mitsutsu
yiziritse umukandara mu giti asa n’unyerera, biza kurangira ashizemo umwuka.
Iyi nkuru n’imwe mu bakoze ku mitima ya benshi bakunda sinema nyarwanda kandi
isiga inyigisho yo gushishikariza abakinnyi ba filime gukina batanga inyigisho
nzima, ababyeyi bashishikarizwa gusobanurira abana babo ibyo bareba muri filime
ko ari imfashanyigisho.
6. Guhunga amadeni kwa Samusure
Mu minsi ishize inkuru ya Kalisa Ernest
wamenyekanye nka Samusure muri filime yasakaye hose avuga ko yahunze igihugu cy’u
Rwanda akerekeza muri Mozambique nyuma yo kubura inyishyu y’amadeni yari
yarafashe aremeye.
Iyi nkuru igikomeje kutavugwaho rumwe cyane mu Rwanda,yatumye beshi bibaza byinshi, gusa abagiraneza
bitanze uko bashoboye bakora ku byabo batanga ubufasha.
Uyu mugabo watangiye kwishyura amwe mu madeni
binyuze mu bantu bamuhaye imfashanyo barimo abafana, yatangaje ko aburaho make
kugirango yishyure amadeni yose afiye agaruke mu rwamubyaye.
7. Ifungwa rya Yaka Mwana
Gasore Pacific uzwi ku izina rya Yaka Mwana aheruse gutabwa muri yombi ashinjwa icyaha cyo gukomeretsa ku bushake nk'uko byatangajwe n'umuvugizi w'urwego rw'ubugenzacyaha RIB Dr Murangira B Thierry.
Uyu musore ukunzwe kuganzwa n'inzoga, yatawe muri yombi gusa nyuma aza kurekurwa asubira mu buzima busanzwe.
8. Ubukwe bwa Kanimba na Soleil
Uwase Delphine wamenyekanye nka Soleil ndetse na Mazimpaka Wilson wamenyekanye nka Kanimba muri filime y'uruherereka yitwa "Bamenya Series" baciye igikuba ku mbuga nkoranyambaga, ubwo batunguranaga bagasohora integuza y'ubukwe " Save The Date" ihamya ko bagiye ku rushinga.
Gusa byaje kurangira iyari integuza y'ubukwe ibaye iya Filime.
Ubukwe bwa Kanimba na Soleil bwateguzaga filime, bwahindutse inkuru ku mbuga zitandukanye
TANGA IGITECYEREZO