RFL
Kigali

Yashakaga gusukirwa byeri! Papa Cyangwe yongeye kwibasira Rocky

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:30/11/2023 14:57
0


Kuva mu mpera za 2021, Papa Cyangwe yatandukana na Rocky Entertainment, sosiyete ya Uwizeye Marc uzwi nka Rocky, ntiyasibye kuririmba akomoza ku bihe bitari byiza yagiriyemo, yaba mu ndirimbo ze bwite cyangwa izo yahuriyemo n’abandi.



Mu ndirimbo ye yise ‘Mu bigori’ imaze amezi abiri igaragaramo inkuru zakozwe na bamwe mu banyamakuru zivuga ku itandukana rye na Rocky ritavuzweho rimwe.

Harimo inkuru zivuga ko amaze iminsi ahanganye n’umuraperi mugenzi we Kivumbi, izivuga y’uko amaze iminsi abana n’umugore n’inkuru igaragaza Rocky asobanura ko Papa Cyangwe ariwe wamusabye ko batandukana, buri umwe agaca inzira ze.

Muri iyi ndirimbo, Papa Cyangwe aririmba avuga ko na Rocky wamuzanye mu muziki ari ‘mu bigori’.

Mu ndirimbo ‘Ishaza’ AB Godwin yahurijemo abaraperi Ama G The Black, Khlafan, Young Grace, Manick ndetse na Benzo, Papa Cyangwe yongeye gukomoza ku bihe yabanyemo na Rocky mu gihe cy’imyaka irenga ibiri.

Uyu muraperi yavuze ko agishakisha ubuzima nk’abandi bose. Akavuga ko adateze kwibagirwa ukuntu Rocky yashakaga ko bakorera amafaranga ariko inyungu ikamugeraho wenyine- rimwe na rimwe agashaka ko amusukira inzoga.

Yavuze ati “Ndacyari ku mihanda, ubuzima n'amaganya. 'Beef' na buri umwe wese ushaka ifungo. Ifaranga ryadutesheje kubana nk'uko byahoze. Sinzibagirwa narimwe Uwizeye Marc [Rocky] ashaka mukurikire ipinda (amafaranga) ndimusehere. Ibyana tujurire, byeri ngo musukire."

AB Godwin wakoze iyi ndirimbo ‘Ishaza’, yabwiye InyaRwanda ko ibanjirije izindi agomba gushyira hanze mu bihe bitandukanye zihuriyemo abaraperi n’ize bwite.

Ati “Nifuije guhuriza hamwe bamwe mu bahanzi bigeze kuba barakoraga Hip Hop, kuko numvaga aribo bashobora kumpa RAP abantu bakumbuye itandukanye n’izindi n’ubu zigezweho.”

Godwin yavuze ko muri iyi ndirimbo ‘Ishaza’ buri wese yaririmbye uko yumva ibintu ku giti cye, ariko kandi ajyanisha n’ibigezweho.

Ati “Urebye twese twaririmbaga ibintu bimwe bijyanye n’ubuzima bwa buri munsi buri muntu akabiriramba uko abyumva.”

Uyu musore usanzwe uzwi cyane mu bakora amashusho y’indirimbo z’abahanzi, avuga ko asohoye iyi ndirimbo ‘Ishaza’ mu gihe anitegura gushyira hanze indirimbo ye yise “Where Is Love.”

Mu kiganiro aherutse kugirana na Radio Rwanda, Papa Cyangwe yavuze ko kuva yatandukana na Rocky ibihangano bye bitakomeje kuba ku kigero kimwe n’icyo byari biriho agikorana na Rocky.

Yavuze ati “Hari abavuga ngo narakonje, ntakonja se! Umuntu uba iwabo ku babyeyi, iyo agiye kwibana, ubwo buzima buba butandukanye cyane. Hariya hari nko mu muryango, nari meze nk’uhagarariwe n’ingwe, nakoraga ibyo nshaka kuko nabaga nziko hari uri buze kubikemura, agakosora amakosa naba nakoze."

Akomeza ati "Indirimbo zarakundwaga cyane kuko nyine nari kumwe n’ikipe ngari imfasha ibyo byose birumvikana, nyuma yaho hajemo icyo cyuho ariko ubu biri kugenda bikemuka."

Ariko kandi ashimangira ko gutandukana na Rocky byamufashije kwaguka mu ntekerezo. Ati “Ubu nsigaye njya kuvuga nkatekereza kabiri, nkavuga nti wasanga nisibiye n’amayira nari nsigaranye, byatumye ntekereza cyane kuko ngomba kwiyushyurira ibintu byose."

Yungamo ati "Kiriya gihe nakoraga ibyo nishakiye nkavuga nti Rocky Kimomo azajya kubikemura, niyo mpamvu mutakimbona mu biganiro byinshi cyane byo kuri za YouTube, ni uko hari umurongo nihaye."


Papa Cyangwe yongeye kwitsa kuri bimwe mu bibazo byatumye asezera Rocky


Cyangwe yakomoje ku kuntu Rocky yajyaga amusaba kumusukira inzoga, ifaranga agashyira ku mufuko


AB Godwin yatangaje ko yatangiye urugendo rwo guhuriza abahanzi mu ndirimbo ari nako akora indirimbo ze

KANDA HANOWUMVE INDIRIMBO ‘ISHAZA’ YAHURIYEMO ABARAPERI

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND