RFL
Kigali

Abasore: Ibizakwereka ko uwo mukobwa arimo guhisha amarangamutima ye kuri wowe

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:28/08/2023 18:46
1


Umusore agira gutya agakunda umukobwa maze n’umukobwa agakunda umusore ariko umukobwa akabigira ibanga rikomeye ku buryo bigorana ko ashobora kumenya aho byerekeza. Muri iyi nkuru turarebera hamwe imyifato y’umukobwa wagukunze mu ibanga.



1.Uyu mukobwa agira ubwabo iyo muri kumwe

Ahari se mwahujwe n’akazi cyangwa ibindi bintu, ariko iyo akwegereye ubona atarwiyambitse afite ikibazo cyo kukureba mu maso ku buryo ushobora kwisanga wanamubajije niba afite ikibazo. Kuba muri kumwe ni byo bintu bimushimisha ndetse ni na bwo yumva atuje ariko nanone kugaragaza amarangamutima ye kuri wowe biramugora cyane.

2.Amera nk’urimo koza amenyo

Uyu mukobwa agira isoni ziteye ubwoba. Iyo muri kumwe cyangwa akuri iruhande, aba ameze nk’umuntu urimo koza amenyo kandi nabwo vuba vuba. Ibi bizakwereke ko agufitiye urukundo nawe wisuganye ushake uko urumwambura.

3.Niwe ukwandikira mbere

Ujya kubona ukabona arakwandikiye, ukabona araguhamagaye, mbese akaba ariwe ugira uruhare mu kuba mwavugana mbere, ariko nyamara akabikora yitwaje ibindi.

4.Hari n’ubwo afuha

Uyu mukobwa ashobora gufuha ariko akaba atahita umenya neza impamvu yabyo. Uyu mukobwa nimuba muri kumwe, interuro ze zose, uzumva zuzuyemo gufuha kandi nyamara mudakundana nawe wibaze impamvu bikuyobere.

5.Arashaka kumarana igihe nawe

Uyu mukobwa arashaka kumarana igihe nawe kuko aragukunda, ni wowe muntu yishimira. Niba mukora hamwe, bakabaha akazi kari busabe ko mukorera hamwe, bizamushimisha ubibone no ku maso ye. Icyo gihe nawe uzafatirane amahirwe. Ibi kandi bijyana no kuba aba yifuza kukuguma iruhande.

Isoko: torizone






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ineza samatha7 months ago
    Urukundo Niki?





Inyarwanda BACKGROUND