Kigali

Icyo Davido yatangaje nyuma yo gutaramira i Kigali ku nshuro ya gatatu- AMAFOTO+VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:20/08/2023 7:24
0


Umunyamuziki w’umunya-Nigeria ufite ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Davido yatangaje ko atabona amagambo yakoresha yakumvikanisha neza uko yiyumva ashingiye ku rukundo yeretswe n’abafana be yataramiye i Kigali.



Uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo zirimo nka ‘If’ ari mu bashyize akadomo ku iserukiramuco ‘Giants of Africa’ mu gitaramo gikomeye yakoreye muri BK Arena. Ni ku nshuro ya gatatu, uyu mugabo ataramiye i Kigali, kuko yahaherukaga mu 2014 no muri 2018.

Yaririmbye yiteguye kujya gutaramira mu Mujyi wa Detroit muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ndetse amakuru avuga ko uyu muhanzi ava mu Rwanda mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Kanama 2023.

Yifashishije konti ye ya Instagram akurikirwaho n’abantu barenga Miliyoni 13, Davido yavuze ko atabona amagambo yakoresha asobanura urukundo yeretswe n’abanya-Kigali ndetse n’urubyiruko rwo mu bihugu 16 bitabiriye iri serukiramuco.

Uyu muhanzi ugezweho muri iki gihe mu ndirimbo ‘Unavailable’ yari i Kigali, kuva mu gitondo cyo ku wa Kane tariki 17 Kanama 2023.

Yasuye abakinnyi bitabiriye imikino ya ‘Giants of Africa’, ahura na Bruce Melodie na Element ndetse Lebon uri mu Nama y’Ubutegetsi y’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB, ahura kandi na Perezida Kagame.

Muri iki gitaramo, Davido yitaye cyane ku kuririmba nyinshi mu ndirimbo ze zakunzwe kuva atangiye umuziki. Ndtese, buri ndirimbo yateye yikirijwe.

Mu 2014 Davido yataramiye i Kigali ndetse no mu 2018 atanga ibyishimo ku banya-Kigali. Ni ku nshuro ya gatatu agiye gutaramira i Kigali.

Mu 2022, Davido yavuze uburyo yiyumvise ubwo yabonaga Perezida Paul Kagame ajya kumwakira ku kibuga cy'indege mu mwaka wa 2014, ubwo yasesekaraga Kigali mu gitaramo cyo Kwibohora cyiswe 'Niwowe'.

Davido, avuga ko afitanye umubano na ba Perezida benshi batandukanye. Uyu muhanzi avuga ku bintu byaranze umwuga we, mu kiganiro n’ikinyamakuru cyo mu Bufaransa gikunda gukora amakuru ku mideli n'ubuhanzi, 'French Fashion Magazine'.

Davido avuga ko umwuga we wamuhiriye akaba yaragiye atungurwa na byinshi, nko guhura na Ba Perezida batandukanye, ariko akagaruka ku rwibutso rwe ubwo yahurana na Perezida w'u Rwanda, Paul Kagame muri 2014.

Mu 2016 Davido yasinye amasezerano mu inzu ifasha abahanzi ya muzika ya Sony Music. Nyuma y’amezi make yatangaje ko yafunguye Label ye yise ‘Davido Music Worldwide’ ibarizwamo abahanzi nka Dremo, Yonda ndetse na Peruzzi.

Mu 2019, Davido yasohoye album ye ya kabiri yise ‘A Good Time’ nyuma y’indirimbo nka "If", "Fall", "Assurance", "Blow My Mind" na "Risky".

Muri uriya mwaka kandi, ikinyamakuru New African Magazine cyamushyize ku rutonde rw’abanyafurika 100 bavuga rikijyana.

Ku wa 13 Ukwakira 2020 yasohoye album ye ya Gatatu yise ‘A Better Time’. Ku wa 31 Werurwe 2023, yasohoye album ye ya kane yise ‘Timeless’. Ni umwe mu bahanzi bo muri Afurika bakurikirwa cyane ku rubuga rwa Instagram na Twitter


Davido yatangaje ko yishimye urukundo yeretswe muri iki gitaramo yakoreye i Kigali ku nshuro ye ya Gatatu
Davido yavuze ko atabona amagambo yakoresha asobanura uburyo yakiriwe muri iki gitaramo cyashyize akadomo kuri ‘Giants of Africa’

Davido yaririmbye muri iki gitaramo yitegura kujya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika 

Umukufi wa Miliyoni 500 Frw Davido yari yambaye yawukuyemo kugirango yisanzure neza ku rubyiniro






Davido niwe muhanzi wa mbere wakoze amateka yo kuzuza inyubako ya O2 Arena yo mu Bwongereza



Davido ari ku mwanya wa gatanu ku rutonde rw'abahanzi bakize muri Afurika

DAVI




DAVIDO YATARAMIYE I KIGALI KU NSHURO YE YA GATATU ATANGA IBYISHIMO

">

Kanda hano urebe amafoto menshi yaranze 'Giants of Africa'

AMAFOTO: Freddy Rwigema- Serge Ngabo-InyaRwanda.com

VIDEO: Murenzi Dieudonne-InyaRwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND