Kigali

Skales yasobanuye impamvu yarwanye na Kizz Daniel mu rugo rwa Timaya

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:9/08/2023 15:46
0


Umuhanzi ukomeye muri Nigeria Skales , yasobanuye impamvu yarwanye na Kizz Daniel bari murugo rwa Timaya mu Mujyi wa Lagos muri iki gihugu.



Raoul John Njeng- Njenga wamamaye nka Skales , yagaragaje ishusho y'ukuri ku mirwano   yabaye hagati ye  na mugenzi we Kizz Daniel ubwo bari mu Mujyi wa Lagos.Ibi yabivuze ubwo yari mu kiganiro kuri Radiyo Beat 99.9 FM , mu Mujyi wa Lagos.


Uyu muhanzi Skales , yagaragaje ko icyabimuteye ari inzoga yari yanyoye zatumye akora ibidakorwa.

Skales yagize ati:" Kizz Daniel ndamusaba imbabazi , nukuri nari nasinze pe , kandi ririya joro nari meze nabi, mfite n'uburakari. Ntabwo byari ngombwa ko turwanira munzu ya Timaya".

Yakomeje agira ati ''Kiriya gihe nari nasinze , sinzi ibyakurikiye uwo munsi ariko.Ndabasaba imbabazi abantu bose".


Kizz Daniel  yasabwe imbabazi 

Isoko: Gistreel.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND