RFL
Kigali

Snoop Dogg yasubitse igitaramo kubera imyigaragambyo y’abakina filime ikomeje gufata indi ntera

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:26/07/2023 11:47
0


Snoop Dogg yahagaritse igitaramo cye cya Hollywood Bowl yateguraga gukorera i Los Angeles kugira ngo yerekane ko yifatanyije n’abanditsi n’abakinnyi ba filime bagenzi be kuri ubu bari mu myigaragambyo.



Byari biteganijwe ko uyu Mwami wa Rap azakora byibuze ibitaramo bibiri muri uku kwezi mu rwego rwo guha icyubahiro alubumu ya mbere “Doggystyle,” izuzuza imyaka 30 mu Gushyingo.

Abinyujije ku rubuga rwa Instagram, Snoop yanditse ati: "Tubabajwe no kubamenyesha ko kubera imyigaragambyo ikomeje kuba ndetse tutazi n’igihe izarangirira, bibaye ngombwa ko tuba duhagaritse igitaramo cya Hollywood Bowl." 

Ati: "Twifatanije n'abavandimwe bacu bose bo muri WGA & SAG-AFTRA muri iki gihe kitoroshye kandi dukomeje kwizera ko AMPTP izagaruka ku meza y'ibiganiro, igarukanye igitekerezo gifatika ubundi twese tugasubira ku kazi."


Snoop Dogg yasubitse igitamo cya 'Hollywood Bowl' yari agiye gukorera Lagos

Umuraperi Snoop Dogg yabanje kwitegura kuririmbira muri LA muri kamena hamwe na mugenzi we Dr. Dre. Yasubitse icyo gitaramo mu Kwakira kubera imyigaragambyo y'abanditsi b'Abanyamerika (WGA). Igitaramo kugeza ubu, gisubitswe igihe kitazwi.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Instagram ku ya 2 Kamena, umuraperi waririmbye indirimbo "Drop It Like It's Hot," yavuze ko byizewe ko ihuriro n’amashyirahamwe y’abatunganya amashusho ya televiziyo (AMPTP), ahagarariye sitidiyo zikomeye, bashobora kugirana imishyikirano n’amasezerano ahamye vuba bishoboka."


Snoop yahagaritse igitaramo yagombaga kwizihizamo isabukuru y'imyaka 30 alubumu ye ya mbere yise 'Doggystyle' imaze

Nubwo azwi cyane muri muzika, nyiri Death Row Records ni n’umukinnyi w’amafilime wagaragaye mu mishinga myinshi ya filime zitandukanye na n’indi yo ku matereviziyo.

Ikinyamakuru Deadline cyatangaje ko uyu muraperi yagereranije uburyo abakinnyi ba filime bahembwa umushahara muke mu gihe n’abanyamuziki bafite urwego bagezeho nabo batabona amafaranga menshi nk’uko biba byitezwe.


Icyamamare muri Rap, Snoop yatangaje ko ibi yabikoze mu rwego rwo kwereka abakinnyi bagenzi be ko yifatanije nabo

Snoop Dogg yagize ati: "Dukeneye kubyumva nk'uko abanditsi babitekereza. Abanditsi  bari kwigaragambya kubera ko batari guhembwa."

Umuraperi Snoop Dogg yamenyekanye mu ndirimbo nka Gin And Juice, Who Am I, Sexual Eruption, Beautiful yafatanije na Pharrell n’izindi nyinshi. Muri filime yagaragayemo harimo iyiswe Bruno yakinnye muri 2009, Futurama, Scary Movie 5, The Adams Family n’izindi.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND