Ubuyobozi Bukuru Bushinzwe abinjira n’abasohoka bwatangaje ko umupaka mushya wa Rwempasha/Kizinga uhuza u Rwanda na Uganda mu Karere ka Nyagatare, ufunguye ku bagenzi bose guhera uyu munsi tariki 5 Nyakanga 2023.
Nk’uko bikubiye mu Itangazo ryashyizwe
hanze n’urwego rw’abinjira n’abasohoka , binyuze kuri Twitter ,ryemeza
ko uyu mupaka utangira gukoreshwa ku
bantu bose kuri uyu wa Gatatu tariki ya
5 Nyakanga 2023.
Uyu mupaka ukaba ufunguwe nyuma y’uko
guhera mu 2007 abaturage bakomeje
bakagaragaza ko hakorerwa ubucuruzi
bwambukiranya umupaka.Ukwaba wari umaze igihe
ufunze kubera imirimo yo
kuwuvugurura mu buryo bujyanye n’igihe.
TANGA IGITECYEREZO