RFL
Kigali

Tom close agiye guhurira mu kiganiro n’abarimo Diplomate na Rutangarwamaboko

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:21/06/2023 12:00
0


Umuhanzi akaba n’Umuyobozi w’Ikigo Gishinzwe gutanga Amaraso muri RBC, Dr. Muyombo Thomas uzwi nka Tom Close, agiye guhurira n’umuganga wa gakondo Rutangarwamaboko n’umuraperi Diplomate mu kiganiro cyahawe insanganyamatsiko igira iti ‘Nta gihe nyacyo kiruta none’.



Iki kiganiro kizaba ku wa 1 Nyakanga 2023 kuri Hill Top Hotel and Country Club guhera saa saba z'amanywa kugeza saa moya z'ijoro (1PM-7PM).

Umunyamakuru Dashim ari nawe wagize igitekerezo cyo gutegura iki kiganiro, yabwiye InyaRwanda ko yagiteguye biturutse ku busabe bw’abakunda ikiganiro ‘Inzu y’ibitabo’ asanzwe akora kibamo igice yise ‘Ijambo ryahindura ubuzima’, gitambuka muri Fine Fm.

Uyu musore yavuze ko mu bihe bitandukanye yagiye yakira ubutumwa bwa benshi bandika bamusaba ko yategura igikorwa nk’iki cyo kungurana ibitekerezo.

Ati “Basabye ko twazagira igihe cyo guhura tukungurana ibitekerezo ndetse tugasangirira hamwe amwe mu masomo anyura muri icyo kiganiro.”

Akomeza ati “Nyuma yo kubyigaho neza twanzuye ko twajya dukora umuhuro ugamije kwiga byibura rimwe mu kwezi, uwo muhuro niwo twahaye izina rya ‘Ijambo ryahindura ubuzima Summit’.

Dashim yavuze ko muri rusange ibi biganiro bigamije ‘gukomeza kwiyungura ubumenyi binyuze mu bigisha batandukanye tuzajya dutumira buri uko igikorwa kibaye.’

Kuri iyi nshuro ya mbere, abazitabira iki gikorwa bazaganirizwa n’abarimo Tom Close uzaba ari umutumirwa mu kiganiro kizaba imbonankubone.

Azagaruka ku ngingo zitandukanye zirimo ibijyanye n’urugendo rwe rwa muzika, urugendo rwe mu bwanditsi bw’ibitabo ndetse anagaruke kuri amwe mu magambo yahindura ubuzima akunze gusangiza abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga.

Mu bandi bazitabira iki kiganiro, harimo umuraperi Diplomate uzataramira abazitabira iki gikorwa.

Hazabaho n’andi masomo y’ubuzima azatangwa n’abatumirwa batandukanye barimo Muganga Rutangarwamaboko, Dr. Francis Habumugisha na Biseruka Abdul Kareem.

Insanganyamatsiko y’Ijambo ryahindura ubuzima Summit kuri iyi nshuro ya mbere ni ‘Nta gihe nyacyo kitari None’.

Kwitabira iyi ‘Summit’ bisaba kwiyandikisha binyuze kuri numero yagenewe iki gikorwa ariyo 0784 069 299.

Tom Close agiye kugaragara muri iki gikorwa, nyuma y’uko aherutse gushyira hanze album ye ya Cyenda yise ‘Essence’ iriho indirimbo 13.

Diplomate bazahurira muri iki gikorwa, amaze igihe adashyira hanze indirimbo. Aheruka gusohora indirimbo ‘Kalinga’ imaze umwaka umwe, ariko yabanjirijwe n’izirimo ‘Umwe bavuze’ yakoranye na Bruce Melodie, ‘Karibu Sana’ yakoranye na The Ben n’izindi.

Rutangarwamaboko uzatanga ikiganiro muri iki gikorwa ni umuganga, Umushakashatsi, Umwigisha w'Ubuzima bushingiye ku muco, akaba n'Umuyobozi Mukuru w'Ikigo Nyarwanda cy'Ubuzima. 

Arazwi cyane ahanini binyuze ku bitekerezo adasiba gutanga cyane cyane ku ngingo zijyanye n’umuco w’u Rwanda.

Dr Francis Habumugisha uzaganiriza urubyiruko n’abandi bazitabira iki gikorwa, niwe washinze Televiziyo Goodrich TV n’urubuga ‘Muganga Online’.

Ku wa 1 Kamena 2023, nibwo yagizwe Umuyobozi w’icyubahiro w’Ikigo gifasha ibihugu bya Afurika kwihutisha ibikorwa biri mu murongo w’Intego z’Iterambere Rirambye kandi ridaheza 'Center for Inclusive and Sustainable Development'.


Iki kiganiro kizaba ku wa 1 Nyakanga 2023, kigamije guhuza abakunzi b’ikiganiro ‘Inzu y’ibitabo’ 

Tom Close azagaruka ku mvano y’amagambo yahindura ubuzima akunze kwandika ku rubuga rwa Twitter n'ibindi


Rutangarwamaboko Nzayisenga Modeste, umwe muri bake bakorera ku mugaragaro ibikorwa by’ubuvuzi gakondo ategerejwe mu kiganiro ‘Nta gihe nyacyo kitari None’


Umunyamakuru wa Fine FM, Dashim avuga ko yateguye iki gikorwa nyuma y’ubusabe bwa benshi


Dr Francis Habumugisha azagaruka ku rugendo rwagejeje kugushinga Goodrich Tv n’ibindi byaranze urugendo rwe rw’amasomo

 

Umuraperi Diplomate azaririmba muri iki gikorwa kigamije guhuza abakunzi b’ikiganiro ‘Ijambo ryahindura ubuzima’ 

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ZIGIZE ALBUM 'ESSENCE' YA TOM CLOSE

">

KANDA HANO UREGE IGICE CY'IJAMBO RYAVUZWE NA CHE GUEVARA, UFATWA NK'INTWARI Y'ICYITEGEREREZO

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND