RURA
Kigali

Babu Tale yahishuye impamvu Wasafi itagisinyisha abahanzi bashya

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:14/06/2023 8:45
0


Umudepite mu Nteko Ishingamategeko ya Tanzania akaba n’Umujyanama wa Diamond, Babu Tale yakomoje ku mpamvu Wasafi idaheruka gufata umuhanzi mushya dore ko uwo baheruka gusinyisha muri Wasafi yari Zuchu hari muri Mata 2020.



Umujyanama w’icyamamare rurangiranwa mu muziki n’ubucuruzi Diamond Platnumz, Babu Tale yavuze ku cyemezo bafashe bagamije gukumira ibibazo bikomeye mbere y'uko biba muri Wasafi birinda kugira undi muhanzi  bayinjizamo.

Mu kiganiro uyu mugabo yagiranye na Milliard Ayo wubatse izina mu biganiro byo kuri Youtube, Babu Tale yasobanuye byose nta na kimwe asize inyuma ,ahereye ku mvano yibyo byose ko yabaye abahanzi bagiye bayivamo.”

Babu Tale ati”Twatangiye gutinya, twajyaga dusinyisha abahanzi twihuse ariko nyuma yo kugenda kwa Rayvanny, Harmonize na Rich Mavoko twahise dutangira kugira amakenga mu byo dukora.”

Avuga   icyo umuhanzi  ubarizwa muri Wasafi wifuza kuyivamo  asabwa, Babu yatangaje ko bose babizi ,aba agomba kwishyura atari munsi ya miliyoni 13.8Frw ariko na none ntarenge miliyoni 238.2Frw.

Asobanura impamvu yabyo agira ati”Ni ibiba bigomba kuba. Kuko kubaka umuhanzi ni urugendo rurerure ahubwo ayo twishyuza ni make ugereranije n'ibyo dukorera umuhanzi ngo abashe kugira aho agera.”

Na none ariko asobanura ko abahanzi bose bavuye muri Wasafi atari ko bishyura ,atanga urugero rwa Rich Mavoko avuga ko yagiye ariko ntagire icyo yishyura nta nakurikiranwe n’amategeko.

Kugeza ubu Wasafi igizwe n’abahanzi barimo Lavalava, Mbosso, mushiki wa Diamond Queen Darleen na Zuchu. Uretse ariko kuba ubu iyi nzu rurangiranwa mu muziki yarahagaritse ibikorwa byo kwinjiza abahanzi bashya bakomeje gukora  iyo bwabaga ngo bateze imbere abo bafite.

Babu Tale kuri ubu uri mu bagize Inteko Ishinamategeko ya Tanzania yavuze kandi ku cyerekezo cya Diamond cyo gufasha abahanzi avuga ko byatanze umusaruro ukomeye.

Babu Tale ati”Icyo kandi twavuga ni uko Diamond yahinduye uruganda rw’umuziki akaruha icyerekezo akerekana ko ari inzira nziza y’ubucuruzi akanabera umugisha abandi bahanzi.”

Diamond kugeza ubu ari mu bahanzi bakomeye muri Afurika, umuziki we ukaba ufite igikundiro mu nguni zitandukanye z’Isi.Babu Tale aha yari kumwe na Diamond Platnumz abereye umujyanamaYatangaje ko kandi Wasafi yabyizeho igasanga ikwiye kwirinda ibibazo mbere yuko bibaBabu Tale yashimye Diamond uruhare akomeje kugira mu iterambere ry'umuziki n'ubucuruzi buwushingiyeho






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND