Kigali

Burundi: Gisubizo Ministry yakoze ibitaramo bibiri byitabiriwe n’abarimo Apollinaire Habonimana-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:13/06/2023 13:32
0


Itsinda rya Gisubizo Ministry rizwi cyane mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, ryatanze ibyishimo ku bihumbi by’abantu bitabiriye ibitaramo bibiri byabo bya mbere bakoreye mu Burundi byitabiriwe n’abarimo Apollinaire Habonimana, umunyamuziki wabaye icyatwa muri iki gihugu.



Igitaramo cya mbere bakoze bise ‘Gisubizo Gala Gospelt Night’ cyabaye ku wa Gatandatu tariki 10 Kamena 2023, kibera ahitwa AV Large; cyahuriyemo abantu bacye bifuzaga indirimbo za Gisubizo Ministry kandi zishimirwa.

Igitaramo cya kabiri bise ‘Worship Legacy Bujumbura 2023’ cyabaye ku Cyumweru tariki 11 Kamena 2023, ahitwa Donatus Conference Center, DCC av du Large. Bagikoze bafatanyije n’ishami rya Gisubizo ribarizwa mu Mujyi wa Bujumbura.

Ni bimwe mu bitaramo bikomeye by’ivugabutumwa bakoreye hanze y’u Rwanda, kuko byitabiriwe n’abantu barenga 2500 barimo Apollinaire Habonimana wamamaye mu ndirimbo zirimo nka ‘Ntegereje intebe yawe’, ‘Imana n’iyo Buhungiro’ n’izindi zinyuranye.

Uyu mugabo aheruka i Kigali mu gitaramo yatumiwemo na Alex Dusabe, agihuriramo na David Nduwimana, cyabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.

Ubwo yari muri iki gitaramo, yagarutse ku rugendo rw’ivugabutumwa mu Rwanda, avuga ko rwagutse, kandi yiteguye gukomeza gushyigikira abanyamuziki.

‘Worship Legacy’ ikorwa na Gisubizo Ministry ni igiterane kibaye ku nshuro ya kane. Muri ibi bitaramo bakoreye mu Burundi, baririmbye zimwe mu ndirimbo zabo zagiye zikundwa na benshi kuva kuri album yabo ya mbere ‘Worsip Legacy Season1’ zirimo nka ‘Amfitiye byinshi’, ‘Nguhetse ku mugongo’, ‘Amasezerano’, ‘Ebenezer’ kugeza ku ndirimbo ‘Yarabirangije’ iri kuri album yabo ya Gatatu.

Umuyobozi wa Gisubizo Ministry, Muhemeri Justin, yabwiye InyaRwanda ko kujya gukorera igtaramo i Burundi byari ibyifuzo ‘byaba dukurikira batuye mu gihugu cy’i Burundi’.

Akomeza ati “Kuko bagiye bafashwa cyane n’indirimbo twagiye dusohora muri ibi bitaramo kenshi dukoreramo live recording aho ubu live recording twayihariye itsinda rya Gisubizo Ministry Bujumbura.

Akomeza ati “Nk’uko bisanzwe muri iki gitaramo abantu banyuzwe n'imitegurire yacyo, abaririmbyi uko bagaragara, imirimbire iri ku rwego rwoheje n’ibindi, kandi kiritabirwa ku rwego rwo hejuru bigaragara ko abantu benshi bari banyotewe na Gisubizo ministry.”

Yavuze ko bashima uburyo Imana yabanye n’abo muri uru rugendo rw’ivugabutumwa. Muhemeri ati “Turashima Imana yabanye natwe muri iki giterane kinini, kandi twari abaririmbyi benshi ubona harabayemo ubwitange bwinshi haba mu baririmbyi n’abashinzwe kugitegura. Imana ihabwe icyubahiro.”

Iri tsinda ryaherukaga gukora igitaramo nk'iki mu 2018 cyabereye mu rusengero Christian Life Assembly (CLA) i Nyarutarama mu Mujyi wa Kigali na 2019 mu Intare Conference Arena, no muri 2022 muri Christian life Assembly(CLA)I Nyarutarama. 

Gisubizo Ministry yakoreye ibitaramo bibiri bikomeye mu gihugu cy'u Burundi 

Gisubizo ivuga ko yahisemo gukorera ibi bitaramo mu Burundi mu rwego rwo kwagura ivugabutumwa 

Ni ku nshuro ya kane, Gisubizo ikoze ibitaramo yise 'Worship Legacy'

Apollinaire Habonimana wamamaye mu ndirimbo zirimo nka 'Ndacafise impamvu' [Uri iburyo] ndetse na Bishop Rutambwe Gedeon ubarizwa mu Bwongereza muri New Hope Christian Church 

Gisubizo Ministry yaririmbye indirimbo zirimo 'Yarabirangije' baherutse gushyira hanze 



Ibitaramo bya Gisubizo Ministry byitabiriwe n'abantu barenga 2500 


Pasiteri Desire n'umufasha we ni bamwe mu bitabiriye ibi biterane





Ahabereye igitaramo cyagutse cya Gisubizo Ministry, itsinda rizwi cyane muri 'Gospel'

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'YARABIRANGIJE'


AMAFOTO: SBNGOSPEL






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND