RURA
Kigali

Impanuro za Cyuzuzo Gratien umunyeshuri witwaje Camera agakorera amafaranga muri Graduation ya UTB - AMAFOTO

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:13/06/2023 11:26
0


Umwe mu basore basoje amasomo muri Kaminuza ya UTB, Cyuzuzo Gratien, yakoze ibyo abandi batatekerezaga ubwo yazaga mu birori byo gusoza amasomo yitwaje Camera ntayishyire hasi ahubwo akikomereza akazi nk’ibisanzwe nyamara nawe yambaye ikanzu.



Uyu musore  mu kiganiro na  InyaRwanda.com yagaragaje ko ibyo yajemo abizi kandi ko kuba atarasize Camera ye ariwo muco we.Yavuze ko umunezero we awubona iyo arimo gukora akazi ke bityo ngo ntabwo atekereza ko kuza mu byishimo yirengagije akazi ke byari kumubera amahitamo meza.

Yagize ati ”Nibyo naje mu birori byo gusoza amasomo yanjye ariko nanone ntabwo njya nibagirwa ko buri mahirwe yose mbonye ngomba kuyakoresha rero niyo mpamvu wambonye kuriya.Naje nitwaje igikoresho cyanjye kuko ntekereza ko umuntu yishima ubu ariko nyuma y’iminota 5 umaze kwishima ntabwo uba uzi ibirakurikiraho  kandi nanone kuri icyo cyo kwishima, njye mpamya ko iyo nishimye neza ari igihe mbandimo gukora ibituma nkomeza kwishima na nyuma y’ibyo byishimo.

Rero nshobora kwishima uyu mwanya , utwanjye nkatumara cyangwa nkatakaza umwanya hano ntacyo ndigukora ugasanga nyuma inzara irandiye kandi hari amahirwe nagombaga kubyaza umusaruro.Nk’umuntu urangije (A0 muri UTB) rero ngomba kumenya neza ko hari ibindi bikurikira nyuma y’ikaramu bikaba byiza ko mbitegura kare”.

Cyuzuzo Gratien ugaragaza ubudasa no mu buzima busanzwe yatangarije InyaRwanda.com ko ‘Diplome’ yakuye muri UTB ari iya 2 nyuma y’iyo yabonye muri ‘Electronic Telecommunication’.Ati:”Njye nagombaga kubaha akazi kanjye kuko burya ibi ni ibintu nize.Ubwambere nize Electronic Telecommunication irimo n’ibi bya Camera n’ibindi , ndabirangiza nsubira inyuma njya gukora nanone ‘Computer Engineering kandi byose biragendana”.

Cyuzuzo yatangaje ko mu byo yifuza kugeraho , amaze kugera kuri 50% ashimangira ko afite ibitekerezo byinshi bizamuganisha ku kuba ‘Dr’.Cyuzuzo , yashimangiye ko nta mafaranga menshi afite ahubwo ko akura ubushobozi mu kazi ke ka buri munsi ko gufotora maze agira inama urubyiruko rutekereza ko kuza kwishima byonyine biba bidahagije.

Ati:” Ntabwo navuga ko ari bibi kuza wasize igikoresho utekereza ko cyari kuguha amafaranga ariko nanone ntabwo ari amahitamo meza ari nayo mpamvu njye nakizanye.Ubukire bwa mbere buba mu mutwe kandi nk’urubyiruko uwo mutwe ukiri muzima turawufite ku buryo ibyo twatekereza byo gukora  ari byinshi.Ndasaba bagenzi banjye kujya bamenya neza impamvu bariho kandi bagakoresha igihe cyabo neza”.

Cyuzuzo Gratien ni umunyeshuri usoje amasomo ye muri Kaminuza ya UTB ishami rya Kigali


Cyuzuzo Gratien yarangirije rimwe n'abandi banyeshuri bagera ku 1607 bize muri Kaminuza ya UTB tariki 9 Kamena 2023.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND