RFL
Kigali

Papa Fransisiko: Amasaha atatu yamaze abagwa yarangiye nta ngorane

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:8/06/2023 14:45
0


Mu masaha ya nyuma ya saa sita, nibwo igikorwa cyo kubaga Papa Fransisiko amara cyari gitangiye. Matteo Bruni yasobanuye ko iyi ari inshuro ya gatatu Papa azanwa mu bitaro bya Gemelli, aho agiye kumara iminsi 10 yitabwaho n'abaganga kugira ngo yongere kumera neza.



Papa Fransisiko w'imyaka 86, kuwa 3 w'iki cyumweru tariki 7 Kamena, nibwo yabazwe amara ndetse abaganga batangaza ko byagenze neza, nta ngorane zabayemo. Iki gikorwa cyabereye ku bitaro bya Gemelli Polyclinic,  cyamaze amasaha agera kuri atatu. Muri ibi bitaro, agiye kuhamara iminsi icumi yitabwaho nk'uko bitangazwa n'ikinyamakuru cya Vatican News.

Ibitaro bya Gemelli polyclinic aho Papa Fransisiko yabagiwe

Amakuru agezweho ku buzima bwa Papa Fransisiko yatanzwe n’umuyobozi w’ibiro bishinzwe itangazamakuru rya Vatikani, Matteo Bruni. Mu ijambo rye mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, Bruni yamenyesheje abanyamakuru ati: “Kubagwa kwe, byemejwe mu minsi yashize n’itsinda ry’ubuvuzi rifasha Papa wera, kandi byari bikenewe cyane kubera ko yari amaze iminsi aribwa mu mara bikabije.” Bruni, yongeyeho ko Papa Fransisiko azaguma mu bitaro iminsi 10 “kugira ngo amererwe neza nyuma yo kubagwa kandi abashe gukira neza.”

Papa yageze i Gemelli mbere gato ya saa 11h30 mu gitondo cyo kuri wa gatatu muri Fiat 500 L ye, yakirwa n'abantu benshi, barimo abanyamakuru, bamwakirije amashyi menshi.


Papa Fransisiko yakiriwe n'abantu benshi I Gemelli

Nyuma, kuri tweet yanditse mu ndimi icyenda ku rubuga rwe rwa @Pontifex, Papa wera yahamagaje abizerwa gusaba St Therese, "umutwarekazi w’ubutumwa, ku bw’ubuntu, gukunda Yesu nk’uko nawe yamukunze; no kumushyikiriza ibigeragezo n'imibabaro byacu nk'uko nawe yabikoze, kugira ngo amenyekane kandi akundwe na bose.”

 Muri Werurwe uyu mwaka, nabwo Papa yigeze kujyanwa kwa muganga igitaraganya kubera indwara z'ubuhumekero. Si ubwa mbere Papa abazwe amara kuko no mu myaka ibiri ishize yayabazweho. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND