RFL
Kigali

Ada Danie yahishuye ibanga ry’uburame bwe ko ari ukubana n’imbwa aho kubyara umwana-AMAFOTO

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:6/06/2023 14:19
0


Umukecuru Ada Daniel, ubwo yizihizaga isabukuru y’imyaka 105 y'amavuko, yatangaje ko ibanga ryo kubaho igihe kirekire akarama, ryatewe no guhitamo kubana n'imbwa aho kubyara abana no kubarera akabana nabo.



Ada Daniel umukecuru umaze kugira imyaka 105, avuga ko mu masomo yize mu myaka amaze harimo isomo rikomeye rivuga ko kubana n’imbwa bimurutira kubyara ndetse ko byongerera uburambe abagize aya mahitamo.

Mu gihe igitsinagore kibabazwa no kubaho nta mwana muri kamere yabo, uwitwa Ada Daniel we yahisemo kuzabana n'imbwa ubuzima bwe bwose mu kimbo cyo kubyara.

Uyu mukecuru bivugwa ko atigeze agira abana ariko akagira amahirwe yo gutunga imbwa ndetse zirenze imwe.

Ku munsi w’amavuko ye ubwo yahabwaga impano zitabarika, yahawe amakarita amwifuriza ibyishimo ku munsi we, ndetse ni bwo yatangaje ko uburame bwe bwatewe no kubana n’imbwa aho kubana n’abana kuko ntiyigeze anabyara.

The Mirror itangaza ko Ada yatunguwe n’inshuti ku munsi w’amavuko ye bamukorera umunsi mukuru, bamuha amabahasha menshi agera kuri 300, arimo ubutumwa bwiza bwo kumushimisha ku munsi we.

Byatangajwe ko mu buzima bwe atifuje kubyara abana kuko yifuzaga gukomeza kubaho adasaza, ndetse abanyamuryango be batangaje ko nta muryango munini asigaranye kuko nta mwana, nta mwuzukuru ameze nk'uri wenyine.

Kelly Goucher, umuhuzabikorwa i Ashmere, yabwiye BBC ati: "Ada ntabwo asigaranye umuryango munini kuko ntabwo yigeze agira abana ndetse nta mwuzukuru yigeze”.

Kelly yakomeje avuga ko uyu mukecuru yatangaje ko aticuza kuba yarabyaye umwana kuko ubu burambe atari kububona iyo agira abana, nyamara atangaza ko kugira imbwa bimuhagije kuko bimurutira kubana n’abandi.

Nubwo ashaje kandi ageze mu zabukuru ntago ahangayikishijwe nuko ashaje cyane kandi ntawamureberera akomeza gutangaza ko, anyuzwe no kuba imbwa ze zimuba hafi, gusa avuga ko nta kamaro abona k’abana kuri we aticuza no kuba atarabyaye.


Avuga ko kurama kwe abikesha imbwa yabanye nazo kuva kera


Kuba nta mwana nta mwuzukuru afite ibyo ntacyo bivuze kuri we, yahisemo kubana n'imbwa aho kubyara abana






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND