RFL
Kigali

Siloam choir Kumukenke bibutse umunsi udasanzwe mu ndirimbo “Mwami wanjye”-VIDEO

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:3/06/2023 21:26
0


Abaramyi ba korari Siloam bashyize hanze amashusho y’indirimbo nshya bise “Mwami wanjye” yibutsa uwakiriye Yesu umunsi yakirijweho akazibukira iby’Isi, akakira Umwami Yesu.



Abaririmbyi bo mu Itorero rya ADEPR babarizwa muri Korari ya Siloam Kumukenke, barambuye amaboko yabo bashimira Imana ku bw'umunsi mwiza bakiriyeho agakiza bagahitamo gukorera Imana.

Iyi ndirimbo nziza ya Siloam choir yatangiye iri mu njyana ituje, ariko bigeze hagati izamo igisirimba ndetse ikozwe mu buryo bwa gihanga kandi ikora ku mutima wese ushenjagurikiye gusanga Yesu.

“Mwami wanjye” ni indirimbo igaruka ku mashimwe y’umukirisitu ushima umunsi atazibagirwa, ubwo Imana yakomangaga ku mutima we, akamenya ko ari umunyabyaha, akaza kwiyegurira Uhoraho.

Bati “Mwami wanjye Yesu hari umunsi mwiza nibuka, ubwo wakubitaga mu mutima wanjye, namenye ko ndi umunyabyaha, ndihana urambabarira, nkwegurira ubuzima bwanjye bwose”

Bakomeza bagira bati “Unyogesha amaraso yawe, umpindura icyaremwe gishya pe. Umbera data, mba umwana wawe, niyemeza kugukurikira”.

Aba baramyi bakomeje gushimira umwami ku bwo kongererwa Umwuka Wera, bagira bati “Mwami wanjye Yesu hari umunsi mwiza nibuka, ubwo wanyuzuzaga Umwuka wawe wera, warankomeje ndakomera, ngo ntatereganwa n’imiraba…”

Mu ndirimbo yabo bavuga ko bari kumwe n’Imana babona kunesha bakagwiza imbaraga z’umutima. Aba baririmbyi bakora ku mitima ya benshi bakunzwe mu ndirimbo zitandukanye zirimo iyitwa “Warandondoye” n’izindi nyinshi.

Mu buhanga basanganywe harimo kuririmba indirimbo zikora ku mitima ya benshi kubera ibihangano byihariye, biherekezwa n'amajwi yabo meza,akumbuza benshi ijuru.


Bibutse umunsi wo kwakira agakiza mu ndirimbo bise "Mwami wanjye"

REBA INDIRIMBO NSHY YA SILOWMU CHOIR







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND