RFL
Kigali

Miss Nishimwe, umukunzi we n’abavandimwe bishimiye cyane kureba umukino wa nyuma wa BAL-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:29/05/2023 13:55
0


Abakurikiranira hafi iby’imikino ya Basketball, icyumweru cya 20-27 Gicurasi 2023 ntibazakibagirwa kubera ibyishimo byinshi bakiboneyemo bihera ijisho imikino y’imboneka rimwe ya BAL.



Ku nshuro ya kabiri u Rwanda rwakira imikino nyafurika ya Basketball. Byari ibicika muri iyi mikino yahujwe n’umuziki, ibyishimo ari byose kuva ku munsi wa mbere kugera ku wa nyuma.

Ubwo habaga umukino wa nyuma witabiriwe n’abanyacyubahiro barangajwe imbere na Perezida Paul Kagame, byari umunezero ukomeye ari na ko abafana b’amakipe abiri yageze ku mukino wa nyuma basaba Imana ngo babashe gucyura igikombe.

Ariko nk'uko bivugwa, iyo ababiri bahanganye umwe aba yigiza nkana. Ibi bivuze ko byange bikunde haba hagomba kuboneka utsinda n'utsindwa. Ni nako byagenze Al Ahly yo muri Misiri yereka igihandure As Duanes yo muri Senegal.

Al Ahly yatsinze As Duanes amanota mirongo 80 kuri mirongo 65, yegukana igikombe na Miliyoni zisaga 100Frw [Ibihumbi 100 by’amadorali]. Ni mu gihe As Duanes yo yahawe imidali na miliyoni zisaga 75Frw [Ibihumbi 75 by’amadorali].

Uyu mukino witabiwe n’ibyamamare bitandukanye mpuzamahanga ariko n’abanyarwanda ntibatanzwe. Bamwe muri abo barimo Miss Namie wabaye Miss Rwanda 2020, umukunzi n’abavandimwe be.

Miss Naomie abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yagaragaje ibyishimo yatewe no kuba umwe mu bihereye ijisho uwo mukino n’ibirori byawuherekeje.

Ati: ”Nagiriye ibihe by’agatangaza ku mukino wa nyuma w’irushanwa nyafurika rya Basketball [BAL], ibirori byawuherekeje bikaba byari inzira nziza yo gusoza umunsi.”

Umuvandimwe we Brenda uri no mu bagize Mackenzie, na we yagaragaje ko yishimiye kuba yarabashije kuwurebana n’abo akunda. Ati: ”Dusangira umunezero n’abantu nkunda by'akataraboneka.”

Iyi mikino yashyizweho akadomo mu mpera z’icyumweru gishize, yatangiye abanyarwanda batakaza ibyishimo kuko ikipe yari iharagarariye u Rwanda ariyo REG BBC yasezerewe rugikubita na Al Ahly ku manota 94 kuri 77.Miss Naomie n'umukunzi we bafata ifoto y'urwibutso ku mukino wa nyuma w'irushanwa nyafurika rya Baskeball, BAL Murumuna wa Miss Naomie na we ntiyacikanwe yari yagiye kwihera ijisho no kwishakira ibyishimio bya Basketball muri BK Arena Miss Naomie na bamwe mu bavandimwe be bafata ifoto y'urwibutsoAkamwenyu kari kose, umunezero ubatemba ku matama ku barimo Brenda na Kathia






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND