RURA
Kigali

Grace Nyinawumuntu yateguye igitaramo “Exceeding Love” benshi bategerezanyije amatsiko

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:27/05/2023 19:46
2


Umuramyi w’indirimbo zihimbaza Imana, Nyinawumuntu Grace, yagarutse ku gitaramo ari gutegura, kigamije kuruhura imitima ya benshi, ndetse ashishikariza abizera bose kuzitabira.



Umuririmbyi Nyinawumuntu Grace ukunzwe mu ndirimbo "Ndamushima", yatangaje ko imyiteguro y’igitaramo ari gutegura irimbanije, kandi ko kizitabirwa n’abahanzi n’abashumba banyuranye, hagatangirwamo n'inyigisho zitandukanye.

Iki gitaramo kizaba kuya 11 Kamena 2023 kuri UCC Niboye. Buri wese azaba yemerewe kwinjira nta kiguzi, maze akibonera inyigisho n’ibihangano byiza byigisha ubushobozi n’urukundo rw’Imana.

Grace Nyinawumuntu yatangarije inyaRwanda ko amaze iminsi ategura iki gitaramo, ndetse kikaba kigenda cyaguka, hiyongera abazakitabira barimo abahanzi b’abaramyi b’ingeri zitandukanye.

Igitaramo yise “Exceeding Love Live Gospel Concert” kizaba mu buryo bwa Live. Grace ati: "Ni umuteguro w’Imana kuko ni igitekerezo cyaje umwaka ushize guhera muri August numva nshaka gufatanya n’abantu kuramya no guhimbaza Imana".

Iki gitaramo kizaba kuwa 11/06/2023 guhera saa 3:00 Pm kikazabera ku rusengero rwa UCC Niboye, hagamijwe kuramya no guhimbaza Imana ku bw’urukundo rwayo rutagira akagero.

Umuramyi Nyinawumuntu Grace yagarutse ku rukundo Imana yamukunze ndetse igakunda n’abatuye Isi bose, maze yibutsa abakunzi be isomo ryabakomeza riri muri Bibiliya.

Yahaye abakunzi be isomo riri muri Yeremiya 31:3 rivuga ngo “Uwiteka yambonekeye kera, ati ”Nukuri nagukunze urukundo ruhoraho, ni cyo cyatumye ngukuruza ineza nkakwiyegereza”. 

Grace yavuze ko buri wese afite uburyo bwe yabonyemo kugira neza kw’Imana mu buzima bwe, izo zikaba zimwe mu mpamvu zatera abantu guhimbaza Imana”.

Avuga ko azishimira kuzabona imbaga nyamwinshi inyotewe no kuza gushima Imana no kumva ibihangano by’Umwuka bamwe bakihana ibyaha byabo, ndetse bakababarirwa n’Imana.

Yatangaje ko intego nyamukuru y’iki gitaramo ari ugusabana n’Imana bakabohoka imitima yabo bakishimira kuba mu Mwami. Yavuze ko iki gitaramo kizatuma benshi bakira agakiza.

Ni igitaramo yatumiyemo abaramyi bakunzwe mu ndirimbo zihimbaza Imana barimo Simon Kabera, Gaby Kamanzi ndetse Ben na Chance. Grace azataramira abakunzi be, ahereye ku ndirimbo ze nshya agiye gushyira ahagaragara.

Atangaza ko nta muntu uhejwe muri iki gitaramo kandi ko buri wese wifuza kwivomerera ku isoko y’agakiza yazaza akumva uburyo Uwiteka ahebuje. Yavuze ko benshi bari kumubwira ko bategerezanyije amatsiko igitaramo cye.


Umuhanzikazi Nyinawumuntu Grace yateguye igitaramo kizasana imitima ya benshi


Ashishikariza urubyiruko kuzitabira iki giterane bagafatanya gushima



Azaririmba zimwe mu ndirimbo agiye gushyira ahagaragara


Grace agiye gukora igitaramo cye cya mbere kuva atangiye umuziki

REBA INDIRIMBO YA GRACE NYINAWUMUNTU







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Emmy1 year ago
    1: turamukunda 2:nimwiza : Already turimo kwigura kukijyamo, IMANA ikomeze imushoboze🎹🎤🥰❤️❤️❤️
  • Girimpuhwe David 1 year ago
    Turamushyigikiye cyane rwose!



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND