RFL
Kigali

Ibintu by’ingenzi abantu bakwiriye kumenya ku buzima bakabyitondera

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:30/03/2023 15:36
0


Ubuzima ni ikintu kinini cyane. Ubuzima bwo kuri iyi si butangira umuntu asamwe (mu nda ya nyina), bukarangira apfuye. Ese ni ibihe bintu umuntu ashobora kumenya kandi akajya ahora azirikana?



Abahanga baravuga ngo: "Ni ingenzi cyane kumenya ko ubuzima ari buto, abantu bakazirikana kujya birinda gutongana n’abandi cyangwa kubahemukira (Kubagambanira).

Ubuzima burimo ibintu bitungurana kenshi na kenshi, ndetse ibintu bibera mu buzima ntabwo ari byiza byose kabone n’ubwo abantu bose baba bifuza kubaho ubuzima bwa kizungu cyangwa bushimishije, ariko bikarangira byanze bakaba abahamya bo kubaho bacisha make.

 NI IBIHE BYO KUMENYA NO KUZIRIKANA KURI IYI SI?

1. Ntabwo wayobora buri kimwe muri ubu buzima

Uko waba utegura kose, ntabwo wayobora (control) buri kimwe kizenguruka muri iyi si cyangwa ngo abe ari wowe ugiha gahunda. Ubuzima buratungurana cyane ku buryo ibyo abantu batateguye hari ubwo ari byo bibageraho, akaba aribyo bibabaho, kandi akaba ari ntacyo bafite cyo kongeraho.

2. Ubuzima burabera rimwe na rimwe

Wabyemera wabyanga, menya ko ubuzima rimwe na rimwe bubera kandi cyane. Hari abo uzabona bavukiye ahantu heza, mu mazu meza, abandi bakavukira ahantu habi ndetse nta n'urwara rwo kwishima bafite wa mugani w’Abanyarwanda. Buri wese ahura n’ubuzima bubi cyangwa bwiza, mu marangamutima, mu mitekerereze ndetse n’ahandi.

Kwiyumva no kumva ubuzima abandi bantu bakwegereye babayemo, ni byo bituma bamwe bitwa intwari kuko babasha gufasha abo babihiwe n’ubuzima.

3. Igihe kiragenwe rwose

Buri wese afite igihe cye. Wabyemera wabyanga, ufite igihe cyawe ugomba gukoresha neza cyangwa nabi, ariko uragifite kuri iyi si. Bamwe mu basobanukiwe ko hari igihe bafite bakamenya uko bakwiriye kugikoresha neza, babaho nk’abazapfa ejo, ntabwo bakomeza ubuzima, bafasha ubakeneye, bakubaha buri wese.

Ntabwo uzi igihe usigaranye ku isi, niyo mpamvu ugirwa inama yo gufata neza igihe usigaranye n’ubwo utakizi.

4. Mu buzima habamo no gutsindwa 

Ushobora kuzahura no gutsindwa rimwe na rimwe. Habaho igihe cyo guhirwa, hakabaho n'igihe cyo kudahirwa, byombi bigenda bisimburana. Ukabona umufuka wawe wuzuye amafaranga ariko ejo ukaba wasitara ugahura n’igihombo cyangwa se uyu munsi ukaba uri mu gihombo ariko ejo nawe inzira zigafunguka, ukabona amafaranga. Rero niba uzi neza ko bibaho, tuza ukore nanone kuko igihombo n'urwunguko birasimburana.

Ubuzima ntabwo bworohera buri wese kuri iyi si, igihe cyose. Ubuzima rimwe na rimwe buba bukomeye, ikindi gihe bukoroha nk’uko hari n’ibyo umuntu ahura nabyo akabifata nk’umunyenga. Baho uziko ibyiza n’ibibi bishobora kukugeraho, kuko birasimburana.


Ibitekerezo n'ubusesenguzi bw'umwanditsi





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND