RFL
Kigali

Perezida Kagame yagaragaye yita ku mwuzukuru we, ibintu byanyuze benshi-AMASHUSHO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:26/03/2023 14:19
0


Mu masaha make ashize nibwo hatangiye guhererekanwa cyane amashusho ya Perezida Kagame yita ku mwuzukuru we, mu buryo bugaragara ko bwanyuze benshi ku mbuga.



Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, muri aya mashusho agaragara arimo ahanagura mu maso umwuzukuru we. Aba kandi ari kumwe n’umukobwa we Ange Kagame, n’umufasha we Jeannette Kagame.

Umwuzukuru mukuru wa Perezida Kagame bigaragara ko ari abantu baziranye, n’inshuti cyane, urebye uko aba amukora mu maso undi na we ubona ko adashaka kumurekura.

Bose bakaba bari bambaye imyenda isanzwe ubona ko bari muri gahunda z’umuryango, nyuma y’akazi gakomeye baba bafite.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakaba bafitanye abana 4 barimo abahungu batatu aribo Yvan C Kagame, 2nd Lt Ian K Kagame na Brian Kagame;

Hamwe n’umukobwa umwe ari we Ange I. Kagame Ndengeyingoma kugeza ubu ari na we wamaze gushaka, aho yashakanye na Bertrand Ndengeyingoma bamaze kubyana abana 2 b’abakobwa.

Amashusho ya Perezida Kagame n'Umufasha bari kumwe na Ange Kagame n'Umwuzukuru mukuru wabo

Aha Perezida Kagame na Madamu bari kumwe n'umwuzukuru wabo mukuruPerezida Kagame kuva yakunguka umwuzukuru wa mbere bakomeza kugenda bagaragara bari kumweIbyishimo biba ari byose mu bihe byose bagaragara bari kumweBertrand Ndengeyingoma n'umufasha we n'abana babo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND