RFL
Kigali

Imvano yo gukina filime kwa Nyaxo

Yanditswe na: Theos Uwiduhaye
Taliki:23/03/2023 13:37
1


Nyaxo ni umwe mu banyarwenya bakoresha urubuga rwa Youtube bamaze kubaka izina mu Rwanda, ndetse akurikirwa na benshi bakunda kugorora imbavu kubera urwenya.



Ni umusore w’urubavu ruto, ariko ukunda kugaragaza amashagaga mu mikinire ye.  

Ubusanzwe yitwa Kanyabugande Olivier, yize muri Lycée de Kigali mu ishami rya Physics, Chemistry and Biology [PCB] cyangwa amasomo y'Ubugenge, Ubutabire n'Ibinyabuzima. Avuka mu bana bane.

Iyo yivuga agaragaza ko kuva yatangira mu mashuri yisumbuye yakunze kuyobora ibikorwa bitandukanye byerekeye imyidagaduro, birimo media club, kubyina, kuririmba n’ibindi.

Gusa ntabwo yahiriwe n’urugendo rwe mu bijyanye no kubyina, kuririmba cyangwa se kuba umunyamakuru ahubwo yisanze ari umunyarwenya.

Ati “Nabonye kuririmba bisaba ibintu byinshi. Nabonye bizansaba byinshi. Narebye kubyina mbona nta kintu kirimo, uretse muri iyi minsi byamaze gutera imbere ndetse bikaba biri guha amafaranga ababikora. Natangiye nkoresha telephone.”

Arakomeza ati “Nashatse ikindi nkora ndeba abahungu b’abanyamerika bakoresha application yitwa “Vine”, mbona nanjye ntangiye kujya nkora utu-video duto nsetsa abantu byaba byiza. Nibwo natekereje kuba nakora video nto nifashishije telephone, nyuma ntangira kugaragara kuri Youtube.’’

Uyu musore yabwiye InyaRwanda ko yatangiye gukina filime mu ntangiriro za 2018. Avuga ko impano afite ari nyinshi zijyanye n’uruganda rwa  sinema, hari kwandika filime no kureberera inyungu impano z’abakinnyi ba filime.

Afata kwihangana nk’imwe mu maturufu afasha abantu cyane bashaka gutera imbere.

Ati “Kwihangana ugakora cyane birafasha, nabonye ko ntacyo utageraho. Natangiye nkoresha telephone ya TECNO nayo y’umubyeyi wanjye, ari ibintu bigoye gufata amashusho no kuyanonsora ariko ubu Imana igenda ibigenza neza.”

Uyu musore iyo umubajije ukuntu ahuza ibyo yize  no gukina urwenya, agusubiza ko umuntu atagikora ibyo yize.

Ati ‘‘Kwiga PCB nkaba umunyarwenya, ni ibintu bisanzwe mu buzima. Ibyo umuntu yize sibyo akora muri iki gihe.’’

Yifuza mu myaka itanu kuzaba ari umwe mu bakinnyi ba filime bakomeye ku mugabane wa Afurika, kuko kuri we yumva ko buri kintu cyose gishoboka mu gihe umuntu agikoze agikunze kandi agishyizeho umutima.

Ati “Ndifuza kwibona mu bakinnyi ba filime ba mbere muri Afurika, mu myaka itanu iri imbere.”

Uyu musore ntabwo ariwe ukina filime wenyine mu muryango, cyane ko yatangiye akinana n’abavandimwe be bose uko ari batatu.

Nyaxo ni umwe mu bakinnyi ba filime bamaze kubaka izina mu buryo bukomeyeUyu musore akundwa na benshi kubera urwenya rwe  

 REBA ZIMWE MURI FILIME ZA NYAXO






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Teta benith1 year ago
    igitekerezocyange nyaxo komerezaho nimbariga nyinsha turagukunda





Inyarwanda BACKGROUND