RFL
Kigali

Yakuze umubyeyi we ari umudozi! Urugendo rwa Niyosenga uri mu bahangamideli batanga icyizere

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:7/05/2024 22:12
0


Umuhangamideli Niyosenga Emmanuel yatangaje ko yageze ku gushinga inzu y'imideli ya Kezem biturutse ku kuba yarakuze abona umubyeyi we (Mama) ari umudozi w'imyenda wabikoraga mu buryo budasanzwe, yiyemeza gutera ikirenge mu cye agamije kwihangira umurimo no guteza imbere igihugu.



Inkuru ye yo kwisanga mu guhanga imideli yayisingije urubyiruko rurenga 7500 bari bateraniye muri BK Arena, kuri uyu wa Kabiri tariki 7 Gicurasi 2024, mu kwizihiza isabukuru y'imyaka 10 y'ibikorwa by'Urubyiruko rw'Abakorerabushake.

Imibare ya Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu igaragaza ko urubyiruko rw'Abakorerabushake rugera kuri Miliyoni 1.9, kandi kuva mu 2013 hashingwa iri huriro bagize uruhare rukomeye mu bikorwa byinshi byazanye impinduka mu gihugu.

Mu ijambo rye, Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Jean Claude Musabyimana yagaragaje ko urubyiruko rw'Abakorerabushake ari abo gushimirwa. Ati "“Urubyiruko rwatweretse ko rwiteguye gukomeza umurage wo kubaka u Rwanda no gusigasira ibyagezweho binyuze mu bukorerabushake. By’umwihariko, urubyiruko rwiyemeje gukomeza kwimakaza isuku haba ku mubiri, aho tugenda, aho dukorera n’aho tuba hose mu gihugu.”  

Ubwo yari ahawe umwanya ngo agaruke ku rugendo rwe rwo kwiteza imbere no gutinyuka nk'urubyiruko, Niyosenga Emmanuel yavuze ko mu myaka itanu ishize atatekereza ko azaba ageze ku ntera agezeho muri iki gihe.

Uyu musore yavuze ko inzu y'imideli ye ya Kazem kuva yashingwa mu 2020, yagize uruhare mu kwambika abayobozi mu nzego zinyuranye, ibyamamare, abakinnyi ba filime n'abandi, ku buryo bibatera ishema iyo babonye hari userukanye umwambaro bahanze.

Ati "Iyo mbonye nk'umuyobozi yambaye igihangano cyanjye nahanze ni ibintu numva binteye ishema, kandi si nibyo gusa birantunze. Mfite abo nahaye akazi bafite icyo bagezeho, kubera ubuyobozi bwiza."

Ni gute yisanze mu guhanga imideli?

Uyu musore yavuze ko guhabwa umwanya agatanga ubuhamya ku rugendo rwe rwo kwiteza imbere nk'urubyiruko, ari ibintu atigeze atekerezaho kuko yakuriye mu buzima bw'ubushomeri, kandi yari n'umukorerabushake mu karere ka Muhanga.

Avuga ko n'ubwo yari mu bakorerabushake yahoraga atekereza icyo yakora kikamuteza imbere. Asobanura muri mashuri yize ibijyanye n’amashyamba, ariko kubera gukurikira uruhande rw'umubyeyi wari umudozi, yaje kwisanga mu guhanga imideli

Ati "Nakuze Mama wanjye ari umudozi. Nahoranaga nawe ndeba ibyo akora n'uko abikora nkumva n'ikintu nkunze. Nakundaga ikintu cyo kwambara ngira n'amahirwe Mama wanjye n'ibyo yakoraga, namurebereragaho, akanyemerera nkabyiga."

N'ubwo byari bimeze gutya ariko, umubyeyi we yifuzaga ko yakora akazi gatandukanye n'ibyo we akora. Avuga ko akazi k'ubudozi nyina yakoraga, amafaranga yavagamo yayifashishaga mu gushakisha ibibatunga ndetse no kubishyurira amashuri yisumbuye na Kaminuza.

Niyonsenga avuga ko muri we yahoranaga inyota yo kwibaza uko yakora ubudozi mu buryo bugezweho akiteza imbere ndetse n'igihugu muri rusange.   

Mu 2018 yitabiriye amarushanwa ya ArtRwanda-Ubuhanzi hagamijwe kugirango ubumenyi urubyiruko rufite mu indanga Ndangamuco bubyazwe amasaruro.

Ni amahugurwa yasize Niyonsenga abonye ko ubumenyi afite yabwifashisha mu kwiteza imbere. Ati "Ndagije amahugurwa nabonye ko gutangira 'Business' bidasaba ibyamirenge. Bidasaba kuba ufite amafaranga menshi."

Uyu musore yashimangiye ko atangira inzu y'imideli ya Kazem yari afite imishani imwe idoda, kandi byamusabye kwimukira mu Mujyi wa Kigali mu 2020.

Kwimukira mu Mujyi wa Kigali, byari mu murongo wo kugirango yegere abo yashakaga kujya yambika barimo abahanzi, abakinnyi ba filime, abayobozi mu nzego zinyuranye n'abandi.

Urugendo rwe rwatangiye mu gihe cya Covid-19, aho avuga ko n'ubwo yahuye n'imbogamizi atigeze acika intege kuko yari azi icyo ashaka.

Agitangira guhanga imyambaro, yandikiraga ku rubuga rwa Instagram, abahanzi banyuranye akababwira ko ashaka gukorana n'abo, hari abagiye bamusubiza, abandi ntibagire icyo bavuga.

Mu rugendo rw'imyaka ine amaze atangiye guhanga imyambaro, afite abakozi 15 bahoraho ahemba ku kwezi, kandi ubu afite aho akorera hari n'imishani 20 zikora akazi ka buri munsi.

Uyu musore yabwiye urubyiruko kugerageza kwiyima kandi bakagira intego mu rwego rwo gutegura ejo hazaza h'abo. Ati "Kuko hari amafaranga menshi tuba twumva ko ari macye mu by'ukuri yagira akamaro nk'uko nabibabwiye kugirango utangire 'Business' cyangwa ikindi kintu ntabwo bisaba ibyamirenge..."

Niyosenga Emmanuel yatangaje ko yatangiye guhanga imideli biturutse ku mubyeyi we wari umudozi

Niyosenga yavuze ko n’ubwo yari umukorerabushake yatekerezaga uko yakwihangira imirimo


Niyosenga yabwiye urubyiruko gukoresha bicye bafite mu rwego rwo kugera ku nzozi z’abo 












TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND