RFL
Kigali

Hatangijwe icyumweru cy’ubukangurambaga ku kwizigamira mu rubyiruko ku cyicaro cya RSE-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:20/03/2023 19:15
0


Mu gihe isi yose yinjiye mu cyumweru cyahariwe kwizigamira mu rubyiruko 'Global Money Week’, mu Rwanda naho ku bufatanye bwa RSE, SPENN na AIESEC, iki cyumweru cyatangijwe ku mugaragaro.



Nk'uko byari biteganijwe, mu gitondo ku cyicaro cy’ikigo cy’Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda [RSE], hatangijwe ubukangurambaga mu rubyiruko buzamara icyumweru cyose bukazarangwa n’ibikorwa bitandukanye bizakorerwa mu mashuri yo hirya no hino mu gihugu.

Mu gutangiza iki gikorwa, Umuyobozi Mukuru wa RSE, Pierre Celestin Rwabukumba, yatangaje ko muri iki gihe isi yose yizihiza ku nshuro ya 11 icyumweru cyo kwizigamira, bifuje nabo kongera kwibutsa urubyiruko akamaro ko kwizigamira cyane ko ubwitabire bwarwo bukiri hasi.

Mu magambo ye yagize ati: ”Iki cyumweru cyahariwe gukangurira urubyiruko ibirebana no kwizigamira, kuri iyi nshuro tuzanyura mu bigo bitandukanye dufasha urubyiruko kurushaho gusobanukirwa neza ibirebana n’umuco wo kwizigamira.”

Asobanura ko kwizigamira bitagombera kugira ibyamirenge, ahubwo ko ari imitekekereze. Ati: ”Kugeza ubu umubare w'abizigamira uracyari muto no mu bakuze, gusa kuko urubyiruko baba bakiri bato hari cyizere ko bazasobanurirwa kandi bakabyitabira, kuko burya igikuru ni imitekekereze, si ukugira amafaranga menshi.”

Avuga kandi ko kugeza ubu abantu bakwiriye gutangira gutekereza ku buryo bwo kugira ibimina bifite icyerecyezo cyo gukora ishoramari ritagarukira ku bintu.

Kugeza ubu Isoko ry’Imari n’Imigabane rimaze kugera kuri Miliyari 5 z’amadorali, amafaranga atari macye, gusa umubare w’urubyiruko rwitabira ubu buryo n’ubundi bwo kwizigamira uracyari hasi.

Ubuyobozi bwa kompanyi y’Ikoranabuhanga yifashishwa kugeza ubu n'abarenga ibihumbi magana ane, nabwo bwatanze ubutumwa busobanura impamvu bwifuje gutera inkunga no kugira uruhare muri ‘Global Money Week’.

Bavuga ko kugeza ubu ibikorwa byabo babyerekeje ku rubyiruko aho batanga serivisi zirimo inguzanyo itagombera impapuro wakwishyura mu gihe cy’iminsi 14. Uwubikije yifashishije uru rubuga yungukirwa kugera kuri 4 ku ijana ndetse icyiza cy’ikigo ni uko mu serivisi zo kohereza no kubikuza byose bikorwa ku buntu.

Umuyobozi wa Spenn mu Rwanda, Julius Karake, yagize ati: ”Dushimishijwe n'uko uyu munsi tugiye gufatanya mu gikorwa cyo guteza imbere urubyiruko tubasobanurira kurushaho kumenya kwizigamira kandi twizeye ko muzadusura.”

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa by'iyamamazabikorwa muri Spenn, Ingabire Ange Eric, yatangaje ko kugeza ubu, 65 y'abakoresha Spenn ari urubyiruko.

Avuga ko gukoresha uru rubuga bisaba kuba ufite indangamuntu na nimero ya telefone, ukaba wayishyira muri telefone yawe ariko ushobora no kwifashisha uburyo bwa *580# ukabasha kubona serivisi zose za Spenn.

Ubuyobozi bw’Umuryango udaharanira inyungu wa AIESEC ukorera mu bihugu bitandukanye bwo ku isi birimo n’u Rwanda.

Kuva watangira mu 1948 nyuma y’intambara ya kabiri y’isi, wagiye ufasha urubyiruko kugira ubumenyi bwisumbuye ku miyoborere n’ubukungu. AISSEC yatangaje ko izakomeza gufasha urubyiruko gutera imbere kandi rugasobanukirwa.

Umuyobozi wa AIESEC mu Rwanda, Emmanuel Niyonzima, ati:”Aya ni amahirwe yo kongera kwibutsa urubyiruko uburyo bwo gukoreshamo amafaranga by’umwihariko muri ibi bihe isi ivuye mu bihe by’icyorezo cya COVID 19.”

Umwe mu banyeshuri bari bitabiye uyu muhango yavuze ko ari byiza ko habaho igihe nk'iki ariko asanga bitagakwiye guhagararira aho.

Aragira ati: ”Iyi gahunda nyitezeho byinshi birimo kumenya gucunga amafaranga, kandi nsanga iyi gahunda igomba guhoraho kuko uko byumvise none si ko byumva ejo, ariko uko byumva kenshi ni ko ndushaho kubisobanukirwa.”

Ibikorwa biteganijwe muri iki cyumweru cya "Global Money Week" harimo ubukangurambaga mu bigo by’amashuri, ibiganiro n’urubyiruko rutandukanye.

Kuwa 26 Werurwe 2023 ni bwo hazasozwa iki cyumweru hanatangwe ibihembo ku rubyiruko rufite imishinga myiza igendanye no kwizigamira no gukoresha amafaranga muri rusange.Umuyobozi wa RSE Pierre Celestin Rwabukumbu yatangaje ko bafite intego yo kongera umubare w'urubyiruko rwitabira kwizigamira kugera ubu ukiri hasiUmuyobozi wa Spenn Julius Karake yavuze ko biteye ishema kugira uruhare mu bikorwa bizamura iterambere ry'urubyiruko by'umwihariko mu kubasobanurira akamaro ko kwizigamiraUrubyiruko rutandukanye rwiganjemo abanyeshuri biga muri za Kaminuza rwitabiriye igikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro Global Money Week ku nshuro ya 11Umuyobozi ushinzwe kwamamaza, Ingabire Ange Eric, yavuze ko bishimira intambwe Spenn imaze kugaraho kandi bagaterwa ishema n'umubare uri hejuru w'abo baha serivisi

Iki cyumweru cyatangijwe ku bufatanye bwa RSE n'abafatanyabikorwa bayo barimo Spenn na AIESECIki cyumweru kizarangwa n'ibikowa bitandukanye byose bigamije gukangurira urubyiruko kwizigamira no kumenya uburyo bwo gukoresha amafarangaUmuyobozi wa AIESEC Emmanuel Niyonzima asobanura ko iki cyumweru ari amahirwe yo kongera kwegera urubyiruko rusobanurirwa ibyiza byo kwizigamira no gukomeza gukora cyane nyuma ya COVID19

KANDA HANO UREBE ANDI MAFOTO

AMAFOTO: SERGE NGABO-INYARWANDA.COM






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND