RFL
Kigali

Menya byinshi ku bibazo biterwa n'amarira akabije

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:17/03/2023 18:13
0


Kugaragaza amarangamutima binyuze mu kurira bigira umumaro bitewe n’ibihe umuntu ariramo cyangwa igihe kurira kwe bimara, gusa amarira akabije atera ibibazo byaganisha no ku rupfu.



Kurira ni igisubizo cy’amarangamutima ku bintu byinshi bitandukanye. Ariko kurira kutagenzurwa cyangwa kudasobanutse, kunaniza amarangamutima n’mubiri kandi kugira ingaruka cyane mu buzima bwa buri munsi.

Amarira akabije ashobora guturuka ku buzima bwo mu mutwe nko gucibwa intege n’ibiri kuba, guhangayika, cyangwa kwiheba. Bamwe bavuga ko kurira biruhura ndetse ari umuti iyo bibaye bitunguranye, nk’ikimenyetso cyo kwishima.

Abaganga bavuga ko abana bari mu myaka y’ubugimbi n’abangavu barizwa akenshi n’uko banzwe mu rukundo, ndetse abenshi bagahita bishora mu biyobyabwenge, bakangirika burundu.

Ihutire gusanga muganga niba bimeze gutya:

Igihe utagishoboye kugenzura amarira

Igihe urira nta mpamvu igaragara

Igihe amarira abangamira ubushobozi bwo gukora ibintu, akazi ka buri munsi

Igihe amarira yawe menshi ajyana no kujya kure mu ntekerezo

Igihe wumva imisonga mu gutwi

Abaganga babihuguriwe nibo bamenya ikibazo aba bantu bagira amarira adasanzwe bahura nayo, bakamenya n’uko babafasha.

Inzobere mu buzima bwo mu mutwe batanga ubujyanama ku bantu babaswe no kurira bidafite impamvu, cyangwa ihari batayizi. Benshi bafite agahinda gakabije batewe n’ahahise habo bakananirwa kwiyakira, bityo amarira akabaganza.

Nyamara kurira kenshi kubwo guhura n’ibibazo ntabwo bitanga igisubizo cyo ku bikemura, ahubwo wangiriza n’ibindi bice by’umubiri cyane cyane ubwonko.

Medical news today ivuga ko kurira ari byiza igihe cyose urijijwe n’ibyishimo by’ikintu runaka, ariko iyo urize ubabaye amarira uko atakara ari nako utakaza bimwe by’ingenzi bigize umubiri.

Ibice by’umubiri byangirika bitewe no kurira bikabije harimo:

Amaso

Akenshi dukunda amaso yacu iyo afite ibara ry’umweru, kuko amaso aba agaragara neza. Kurira bya hato na hato bitukuza amaso agasa n’ay’umuntu ukoresha ibiyobyabwenge, ndetse umuntu ntarebe neza nk’uko bikwiye.

Ingoma y’ugutwi

Amarira akabije atera imisonga ifata igice cy’ugutwi, bikaba byakwangiriza ingoma y’ugutwi izwi nka “Eardrum”. Ingoma y’ugutwi niyo ituma umuntu ashobora kumva neza, no kumenya gutandukanya amajwi.

    Abantu bakunze kwigunga bakiheba ndetse bagahora barira bidashira, hari ubwo bagira ikibazo cyo guturika udutsi tw’ubwonko aribyo bita “Stroke”.

Ni byiza kwikunda, ndetse ugatekereza kuri buri mpinduka ziza ku mubiri wawe. Kuba umunyambaraga no kumenya guhangana n’ibibazo aho kurira cyangwa kwiyahura, nibyo bituma uba mu buzima butarangwa n’amarira.


Amarira adafite impamvu ifatika hari igihe aba ari uburwayi, ukwiye kugana muganga

Aho guhitamo kurira wangiza bimwe mu bice bigize umubiri, ahubwo iga kwikunda no gushaka igisubizo cy'ibyo bibazo 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND