RFL
Kigali

Dore ibyo ukwiriye kumenya ku bana barezwe n’ababyeyi b'abagabo

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:27/01/2023 16:36
0


Ubusanzwe umurimo wo kurera ufatwa n’abantu babiri, umugore n’umugabo. Aha umwe arera umwana wenyine mu gihe hari impamvu yumvikana cyangwa itumvikana ariko yakiriwe n’urundi ruhande.



Nta muntu wavutse ngo namara kumenya ubwenge asange yarabyawe n’umubyeyi umwe, oya rwose ntabwo bikunda kuko umuntu wese uri ku isi yabyawe n’abantu babiri, gusa iyo umuntu amaze gukura hari ubwo amahitamo abura akarererwa ku ruhande rumwe.

Bamwe baravutse basanga barerwa n’umubyeyi umwe kandi birabanyuze, abandi baravutse basanga nta mubyeyi uhari ariko babonye undi wari ubari hafi.

Ese koko umwana warezwe n’umubyeyi w’umugabo aba afite umwihariko?

Abana barezwe n’ababyeyi b’abagabo baba bafite umwihariko, baba babayeho mu buryo butandukanye ndetse muri kamere yabo bavuga ko baba bashabutse cyane bigaragarira mu mihagurukire yabo.

Mu itsinda ry’abantu iyo ari abakobwa bavuga ko ari abakobwa ba se (Dad’s girl). Uyu mukobwa arangwa n’umuhate, gukora cyane ndetse no kwigirira icyizere kiri ku rwego rwo hejuru.

Uyu mwana warezwe na Se gusa iyo ari umukobwa ntabwo agira ubwoba na gato kabone n’ubwo yaba ari munsi y’imyaka 5 uba ubona ko nta bwoba agira. Iyo uhuje amaso nawe umubonamo se umubyara.

Umwana w’umuhugu warezwe na se gusa cyangwa warezwe n’umubyeyi w’umugabo gusa, nawe aba atandukanye cyane. Agaragaza imico idasanzwe, wamwitegereza ukamubonamo se umubyara rwose. Uyu mwana aba azi guhangana cyane, agira isoni gusa iyo ari kumwe na se, muri make aba ashabutse.

Burya ababyeyi b'abagabo bazi kurera cyane ahubwo ikibazo ni uko umwanya wabo aba ari muke cyane kugira ngo bamarane igihe n’abana babo nk’uko bigenda ku babyeyi b’abagore. Ababyeyi b’abagabo bagira igitinyiro gikomeye ku bana babo, umubyeyi w’umugabo afasha umwana gukura mu mutwe no mu ntekerezo kurusha mu marangamutima.

Abagabo bagirwa inama yo kumarana igihe kinini cyabo n’abana babo b’abahungu bakiri bato kurusha abamaze gukura kuko umwana w’umuhungu akura neza iyo yitaweho.

Ababyeyi b’abagabo benshi b'abagabo barera abakobwa babo, babatoza kwitwara kigabo mu kwirwanaho ndetse n’ahandi.

Ijambo ry’umubyeyi rirarema, haba umubyeyi w’umugabo, yaba umubyeyi w’umugore, ababyeyi bose muri rusange bafite inshingano zo kurema neza no kurerera igihugu n’isi muri rusange.


Inkomoko: Vipasho.co.ke






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND