RFL
Kigali

Abagore: Menya igihe ushobora gutwitira nyuma y’imihango yawe

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:24/01/2023 11:23
9


Iyo umugore atwita aba yaribagiwe ibihe byo kuba yajya mu mihango ndetse no mu gihe amaze kwibaruka, abenshi batekereza ko bitinda cyane. Muri iyi nkuru turarebera hamwe igihe ashobora gutwitira avuye mu mihango.



Igihe cy’uburumbuke ni igihe umugore aba ashobora gutwita mu gihe akoze imibonano mpuzabitsina idakingiye. Aha bavuga ko mu gihe abikoze intanga ngabo zigahura n’igi ryaturutse ku mugore (Ovary), ahita atwita. Ese ni ryari umugore atwita nyuma yo kubona imihango?

Ikinyamakuru Webmd, kigaragaza uburebure n’igihe biba hagati y’igihe yaboneyeho imihango ya Mbere ku munsi wa mbere, ndetse n’umunsi wa mbere azaboneraho iy’ubutaha. Iminsi ifatwa nk’icyitarusange mu byerekeye imibonano mpuzabitsina no kubona imihango ku gitsina gore ni 28 (28 days), gusa hari abagira iminsi mike cyane nka 21 cyangwa bakarenza cyane bakagira 35.

Uburumbuke ku mugore bugaragara hagati y’iminsi 14 muri 28, ubwo bishatse kuvuga ko bifata kimwe cya 2 cy’iminsi agira mu mihango n’ubwo hari abo bihera ku 10 cyangwa bikarenga bitewe n’iminsi agira mu mihango, abashakashatsi bakavuga ko umugore ashobora gutwita mu masaha 24 kugeza kuri 48 avuye mu burumbuke.

Iki kinyamakuru gikomeza gutangaza ko umugore ashobora gutwita mbereho iminsi itanu ataragera mu burumbuke, bitewe n’uko intanga z’umugabo zishobora kumara igihe kingana n’iminsi 5 mu mugore zikaba zabona gupfa. Gutwita ku mugore nanone bishobora kwangizwa n’imyaka ye (kuba ageze muzabukuru), ubuzima bugoye abayemo ndetse n’izindi mpamvu zitangwa n’abaganga.

Umugore ashobora gusama mu minsi itanu mbere yo kujya mu burumbuke bugaragara guhera ku munsi wa 14, mu gihe agira iminsi 28. Ni byiza ko umugore cyangwa umukobwa ukeneye kumenya iby’iminsi ye ndetse n’ibindi bitandukanye, aganira n’abaganga cyane mu rwego rwo gukomeza kugira ubuzima bwiza.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Uwase aline6 months ago
    Naryamanyenumuhungukuri16 naravuyemumihango kuri5 zukwacyena nonekondi iminsiyajye irahindagurika nabanarasamye
  • Umuhuza Clarisse 6 months ago
    Ese nifuzako wadukorera akantu kerekana uko ukwezi kumuntu kugenda urugero nkanjye njya mumihanga kuri itariki 05 iyo birenze biba kuri 06 cg 7 Ariko ntabwo nzi ngo ukwezi kwanjye kugira iyi minsi. Murakoze.
  • Irafasha jeannette5 months ago
    Umuntu ashobora kubonana nu muhungu hashize nki minsi 6 avuye mu mihango agasama Musobanurire Murakoze!!!
  • Rosine umurerwa plian4 months ago
    Njye nitwa umurerwa nkaba narize ibijyanye nubwiza ndetse nifuzaga no kumenya cyane ibijyanye Ni mibereho yabagore kugirango njye mbagira inama kumyaka icumi.natanjyiye kujya muri nu nyaminga 12+nungutse byinshi ndetse ubu mfite imyaka 19 umuntu uzifuza inama zarizo zose zijyanye nuburumbuke kubangavu uzadusure kuri Facebook plian WhatApp 0798805200 YouTube rosine umurerwa plian murakoze
  • Niyonsaba denise3 months ago
    Maze imyaka6 nubatse ark ntarubyaro ndabona nagiye kubaganga batandukanye ark byaranze nabasabaga ubufasha bwicyo nakora kugirango mbashe gusama
  • Twagirimana jeremy2 months ago
    Nonese umuhungu atasohoye yatera inda?
  • Fabrice1 month ago
    Umukobwa ujya mumihango ku14 Yasama Kur 26
  • Uwajeneza Gisèle 1 month ago
    Muraho neza ndubatse mfite ikibazo cyimisi ihindagurika rimwe ngira imisi 35;30;31ese niryari nshobora gusama?
  • Nzahoranyisenga1 month ago
    Ex ni iminsi ingahe igitsina gore gihuriyeho kidashobora gusamiraho nyuma Yuko kiva mumihango





Inyarwanda BACKGROUND