RFL
Kigali

Afrique yaserukanye abakobwa bambaye nk'abihaye Imana mu gitaramo cya East African Party-AMAFOTO

Yanditswe na: Theos Uwiduhaye
Taliki:2/01/2023 1:09
0


Afrique uri mu bahanzi bari kuzamuka neza muri iki gihe yaserukanye abakobwa bambaye mu buryo budasanzwe mu gitaramo cya East African Party, aho bari bambaye imyambaro izwi mu b’igitsinagore bihaye Imana bazwi nka ba ‘Masela’.



Ku rubyiniro habanje Ustha Band. Yakurikiwe na Afriqe waririmbye indirimbo ze zirimo ‘Akanyenga’, ‘Rompe’, ‘It’s Okay’; ‘My boo’ na ‘Agatunda’.  Uyu musore mu magambo yavugaga ari ku rubyiniro, yungikanyaga yereka abari mu gitaramo ko abakunda mu buryo budasanzwe.

Afrique ni umusore w’imyaka 20, amazina ye ni Kayigire Josue, akaba yaravukiye i Gikondo mu Mujyi wa Kigali.

Uyu musore yatangiye gukora umuziki mu buryo bw’umwuga, mu bihe Isi yari yugarijwe n’icyorezo cya Covid-19 mu 2020.

Ati “Natangiye umuziki mu buryo bw’umwuga mu 2020 mu bihe bya COVID-19. Natangiye umuziki kuko nibwo nari ndi gusoza amashuri yisumbuye, ntangira kugenda nkora indirimbo abantu bazumva bakambwira ko mfite impano nintacika intege bizagera aho bigakunda.”

Uyu musore wize ubwubatsi, avuga ko umuziki n’ubwubatsi nta hantu bihuriye, ariko agashimangira ko amashuri yize yamufunguye mu mutwe kandi ibi bikaba ari ingenzi mu rugendo rw’umuziki.

Mu bahanzi akunda barimo Meddy, Bruce Melodie na Kenny Sol.


Uyu musore ni umwe mu banyuze ku rubyiniro bashimishije benshi


MC Tessy ni umwe mu bakobwa bari kwinjira mu kibuga cyo gushyushya urugamba 


MC Buryohe ari mu baryohereje abari bitabiriye 


Afrique ni umwe mu bahanzi bishimiwe. Abakobwa bamubyiniye bari bambaye nk’abihaye Imana.





Afrique ni umwe mu bahanzi bagezweho



Umwe mu bakobwa baserukanye na Afrique 




REBA HANO AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'MY BOO' YA AFRIQUE

">

KANDA HANO UREBE AMAFOTO MENSHI

AMAFOTO: Sangwa Julien-INYARWANDA.COM






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND