RFL
Kigali

Menya impamvu ibyishimo ari ingenzi mu buzima bwawe

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:8/12/2022 14:12
0


Iteka abantu bagirwa inama yo guhorana akanyamuneza. Guhorana isura iseka bifatwa nk’umuti dore ko kwishima ari byiza. Muri iyi nkuru tugiye kukubwira impamvu kumwenyura ari ingenzi cyane.



Iyo ubonye umuntu wishimye bigutera akanyamuneza bigatuma wishima nawe kabone n’ubwo nta cyo yaba akoze. Isura yishimye iteka izana ibyishimo kuri nyirayo ndetse n’abayitegereza. Isura yuzuye akamwenyu, itera imbaraga abari hafi.

Iyo uhuye n’umuntu wishimye wumva mwagumana mukamarana igihe, mukishimana kuko atuma wibagirwa ibihe bikomeye uri kunyuramo ukibagirwa ibyakubangamiwe ukizera ko ejo hazaza ari heza. Iyo sura isa neza igufasha kwizera ko ejo hazaza ari heza n’uwo mwari kumwe ukamuha ibyiringiro.

Mu nzira, ntabwo usuhuza umuntu urakaye, iteka iyo ugiye gusuhuza umuntu, umutima wawe ubanza korosa akamwenyu ku munwa yawe ndetse no ku isura yawe. Impamvu y’ako kamwenyu, ni ukugira ngo numusiga umusigane ibyishimo nawe asa neza kubera wowe.

Iyo ibihe byiza bitangiye kwibagirana, umuntu runaka afata umwanya akareba ifoto nziza yafashe muri icyo gihe yari amaze neza yishimye, bigatuma nawe asubiza inseko ku maso ye.

Mu buzima iyo umuntu yamenyereye guhora aseka yishimye, aririmba, mbere nta kibazo na kimwe afite, nyuma abamwegereye bakabona ntabwo yishimye, bakabona yataye icyizere, biba bibi ndetse bikanabahangayikisha kuko baba babona yahindutse. Uku kurakara, gutuma uhangayikisha abakwegereye ugatuma nabo barakara.

Impamvu zo guhorana umunezero n’ibyishimo ni nyinshi kandi zose ni nziza kuko zituma ubuzima bukomeza kuba bwiza kandi bukanogera uwari we wese. Umuntu wishimye abasha kugera kuri byinshi mu gihe utishimye ababazwa na buri kimwe akabura ibyo yakagezeho.


Inkomoko: The Guardian






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND