RFL
Kigali

Uko telefone yawe ishobora kugufasha kuba umukire mu gihe gito

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:8/12/2022 11:49
0


Abantu bashaka kuba abakire babishakira kure kandi na telefone yawe ishobora kugufasha kugera kuri byinshi mu gihe wayubashye ukayikoresha neza.



Telefoni yawe ntabwo yari ikwiriye kuzima ngo uve ku murongo. Isi y’uyu munsi irihuta cyane kandi ni ko itanga amahirwe ku muntu uhari buri segonda. Kuba wava ku murongo n’isaha imwe ni uguhomba ama miliyoni atagira ingano yagombaga kugukura ku rwego rumwe agushyira ku rundi.

Uramutse wicaye hamwe ukitegereza, wasanga abantu bakize ari ba bandi batajya bava hafi ya telefone zabo, ba bandi bahora bashakisha bakoresheje telefone mu gihe abandi bamenye uburyo bubakenesha bwo gushyiramo ama-code, adatuma hagira ubabona.

Aba babasha gukora amasaha yose ‘Weekend’ ndetse n'iyo ubabuze uba ushobora gusiga ubutumwa cyangwa baza bagahita baguhamagara.

Uyu muntu uha agaciro telefoni ye yinjiza amafaranga menshi kuko aba yarayihaye umurongo igenderaho, umurongo uhamye utuma abasha kuvugana n’abantu ndetse no kuba yabona umwanya wo kuruhuka. Uyu muntu yizera ko amahirwe menshi aturuka kuri telefoni.

1. Niba ufite telefone udahoza ku muronko, abantu mubana cyangwa abo mukorana ntabwo bazabasha kukubona. Iyo umuntu akubuze rimwe ahita agutakariza amahirwe akazi yagombaga kuguha akagaha undi muntu. Niyo mpamvu gukoresha neza telefone bitanga amahirwe n’amafaranga.

2. Telefoni yaguha amafaranga menshi, mu gihe witaba umuntu uguhamagaye byibura mu masegonda 20 ya mbere telefoni igisona. Abantu batanga akazi, bakunda umuntu witaba vuba kandi ku gihe ku buryo ushobora imirimo myinshi mu gihe witabiriye.

3. Amafaranga burya aza binyuze mu bantu. Umuntu nakoherereza ubutumwa bugufi, ntubwiteho cyangwa ukabusubiza hashize amasaha uzaba uhombwe amafaranga kabone n’ubwo waba utamuzi.

Bitewe n’uburyo isi iri kwiruka cyane, abantu bakoresha telefoni cyane ni na bo babona amafaranga kuko bahura n’abandi babakeneye cyane, bakabasha kubaha akazi mu gihe utayikoresha abura ayo mahirwe.

Uretse no guha abantu agaciro, telefone za ‘Smart Phone' zishobora gutuma ukorera amafaranga binyuze mu mirimo ikorerwa ‘online’.


Inkomoko: carbonklean.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND