Polisi ya Uganda iravugwaho gufata umunyapolitike utavuga rumwe n'ubutegetsi, ndetse n'umuyobozi mu idini ya Isilamu.
Polisi yo mu gihugu cya Uganda yataye muri yombi Umunyapolitike utavuga rumwe n'ishyaka riri ku butegetsi, n’umuyobozi wa Islam izwiho kunenga politike za Leta ya Museveni.
Abanyapolitike batavuga rumwe n’ubutegetsi n'imiryango iharanira uburenganzira bw'ikiremwamuntu, kuwa Kabiri tariki ya 29 Ugushyingo 2022 basabye Leta kurekura Joseph Kabuleta wafashwe n'inzego z'umutekano kuwa Mbere tariki ya 28 Ugushyingo 2022.
Ishyaka rya National Economic Empowmenment and Diologue (NEED) ryatangaje ko umuyobozi waryo Kabuleta Joseph yafashwe na Polisi.
Uyu mugabo wigeze kuba umukandida mu matora ya Perezida wa Repubulika ntahirwe no gusimbura Museveni umaze imyaka 36 ku butegetsi, Ishyaka rye rivuga ko yashimuswe na Leta kubera ko imushinja kunenga imikorere ya Guverinoma ya Uganda.
Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkorambaga kuwa Mbere yagaragaje abagabo batandatu bakora mu nzego z'umutekano barimo kwinjira mu biro bye, bamusangana n'abagabo barimo kuganira.
Joseph Kabuleta ashinja Leta ya Uganda guha abaturage serivisi zitanoze mu bice bitandukanye muri icyo gihugu. Uyu munyapolitike yafashwe arimo kuganira n 'abanyamakuru, agaragariza Leta ya Perezida Yoweri Museveni ko ikwiye kwirinda gukerensa ibibazo by'umutekano muri Uganda.
Joseph Kabuleta ntabwo ariwe wenyine waraye mu buroko kuri uwo munsi kuko umuyobozi mu idini ya Isilamu witwa Sheikh Ramadan Yahya Mwanje yafashwe mu gitondo saa mbiri n'igice, bamufatiye ku musigiti Nakasero uri rwagati mu mujyi wa Kampala mu gihe Kabuleta yafashwe hafi mu masaha ya saa saba. Nawe yatwawe ahantu hatazwi bakoresheje imodoka yakuweho ibiyiranga, kandi Polisi ntiyatangaje icyatumye afatwa.
Inkomoko: NTV Uganda
TANGA IGITECYEREZO