Mu gihugu cya Congo-Brazzaville, Fondasiyo ‘Challenge Futura’ iyobowe na Eng Tsengué-Tsengué, yarangije gahunda yayo yo guhugura itsinda ry’abatumva ku bijyanye n’umusaruro w’ibihumyo. Abahuguwe bahawe umurima wa ‘Fungiculture’, kugira ngo batangire kwihangira imirimo binyuze mu buhinzi bw’ibihumyo.
Aya mahugurwa yabereye mu gace gasanzwe kaberamo
ubushakashatsi kazwi nka ‘The Scientifc City Of Brazzaville’, aho abafite ubumuga
bwo kutumva bahawe amahirwe yo kumenya byimbitse ku musaruro w’ibihumyo n’uburyo
bazajya babigeza ku masoko.
Umwe mu batoza, yagaragaje ko ibyo bari bateguye kubigisha
byo byarangiye neza cyane agaragaza ko
cyari cyo cy’ingenzi. Dieu-Merci Doubou yagize ati:”Uburyo bikorwa ubu babimenye
byo byamaze kurangira, icyo cyiciro twakivuyeho kandi icy’ingenzi n’uko
babisobanuriwe”.
Eng Tsengué-Tsengué wari uhagarariye aho bigishirizaga abafite ubumuga bwo kutumva; abagabo n’abagore, yatangaje ko ubusanzwe aya mahugurwa yamaze iminsi 10 yose kandi bakoraga buri munsi ku izuba ryinshi kubera ko bari bafite inyota yo kugira icyo bamenya kizabahindurira ubuzima.
Ati:”Kwigisha aba bantu ibintu
bizabafasha mu buzima byafashe igihe kandi bizakomeza bibe tubyongerere n’igihe ku buryo bizagera no kumezi 18, gusa aha
bakoze cyane ntibatinya n’izuba kuko bashakaga kumenya byinshi. Ntabwo ari buri
wese uba ufite ubushobozi bwo kwikorera niyo mpamvu bakora cyane ngo babigereho”.
Yakomeje
avuga ko bazafasha abazagaragaza umuhate mu gukora, bakabaha ibikoresho kuko
ngo byaba bigoye ko bo babyibonera. Aba bahuguwe, batangarije Africanews dukesha iyi ko biteguye guhura abandi mu minsi iri imbere.
TANGA IGITECYEREZO