RFL
Kigali

Si uburwayi: Dore impamvu itera abagabo benshi guhagarika gutera akabariro n’abo bashakanye

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:28/09/2022 12:54
0


Bamwe bati “Ni uburwayi”, abandi bati “Ntawamenya”. Mu by’ukuri umugabo yaremanywe ububasha bwo gutera akabariro ariko biba ngombwa ko abihagarika atagishije inama uwo bashakanye, ndetse bikaba byakwitwa andi mazina ariko akabireka.



Niba uri umugore cyangwa umukobwa ukaba utazi impamvu uwo mwashakanye cyangwa mukundana yahagaritse igikorwa cyo gukora imibonano mpuzabitsina nawe, iyi nkuru iragufasha kugukura mu rujijo.

1. Ntakigira imbaraga zimugusunikiraho.

Burya uwo mukundana nakubwira ngo “Ntabwo mfite imbaraga zo gukomeza kugukunda”, ujye ubyumva. Hari ubwo wicara ukumva arakubwiye ngo ’Ntambaraga mfite’ ujye umwumva kuko imbaraga zose wakoresha ntazigera akwegera kubwawe. Bamwe babyita ikibazo bikavamo no kubiha andi mazina nyamara ataribyo.

2. Akunda kureba amashusho y’urukozasoni kuri murandasi.

Niba ubona umugabo wawe umubona kuri murandasi cyane akaba akunda kureba amashusho y’urukozasoni, byaba impamvu ikomeye yo gutuma wowe akuzinukwa burundu kuko aba abona udasa n’abo abona cyangwa akaba arangiza kuyareba yazinutswe undi muntu.

3. Ntabwo yiyumvamo ibyo gutera akabariro.

Burya hari n’abagabo baba badakunda gutera akabariro atari uko barwaye cyangwa bafite ikindi kibazo, uretse kuba batabishaka gusa.

4. Ntabwo akunda umugore we.

Wasanga atagukunda cyangwa yarakuzinutswe. Ibi byaturuka no ku kuba akunda kureba amashusho y’urukozasoni, nk’uko twabibonye mu ngingo ibanza.

5. Akoresha ibiyobyabwenge.

6. Yigeze kugira ihohoterwa rishingiye ku gitsina cyangwa irindi hungabana rigendanye no gutera akabariro.

7. Arwaye ihungabana.

8. Afite ibibazo byinshi. Mu by’ukuri umugabo ufite ibibazo byinshi by’ubuzima ntabwo ajya abasha gutera akabariro, n’ubwo abikoze ntabwo bimara umunota umwe.

Inkomoko: Opera News






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND