RFL
Kigali

Amafoto y’ibitaramo Afrique yakoreye i Burundi n’i Dubai bamuhundagazaho amadorali

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:23/09/2022 14:37
0


Umuhanzi Afrique ugezweho muri iki gihe amaze iminsi mu bitaramo bikomeye, birimo ibyo yakoreye mu gihugu cy’u Burundi n’icyo aherutse gukorera mu Mujyi wa Dubai.



Ni ku nshuro ya mbere yari ataramiye i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, ariko ni ku nshuro ya kabiri yari ataramiye mu Burundi.

Igitaramo cyo mu Burundi, yagikoze ku wa 9 Nzeri 2022 mu kabyiniro ka Miki Lounge naho Dubai yahataramiye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 22 Nzeri 2022, ahitwa Fortune Pearl Hotel.

Ubwo yaririmbiraga muri Fortune, aririmba indirimbo ye yamamaye yise ‘Agatunda’, bamwe mu basohokeye muri aka kabyiniro batandukanye bamupfumbatishije amadorali atagira ingano bamushimira kubasusurutsa.

Uyu musore avuga ko yishimiye gutaramira muri aka kabyiniro, kuva mu myaka ibiri ishize ari mu muziki.

Ubwo yaririmbaga iyi ndirimbo amashusho yayo yatambukaga ku nyakira mashusho nini zari muri aka kabyiniro, ari nako inkumi zahasohoye ziyibyina.

Igitaramo Afrique yakoreye mu Burundi, cyatumye yiyongera ku rutonde rw’abandi bahanzi bo mu Rwanda bataramiye muri iki gihugu, nyuma y’uko ibihugu byombi bitangiye inzira yo kubyutsa umubano.

Yabanjirijwe na Prosper Nkomezi wataramiye mu Burundi muri Mutarama 2022. Ibitaramo bye yabikoze tariki 6, 7 na 14 Mutarama 2022 bibera muri Jesus Grace church, Life Centre Church no muri Shemeza Worship Temple ya Apotre Apollinaire Habonimana uri no mu baramyi bubashywe i Burundi no mu Rwanda.

Muri Kanama 2022, Chriss Eazy nawe yakoreye ibitaramo bitatu bikomeye mu Burundi, birimo icyabereye hafi y'umupaka w'u Rwanda n'u Burundi, icyabereye mu Mujyi wa Bujumbura n'ikindi yakoreye mu Mujyi wa Bugarama mu ijoro ryo ku cyumweru tariki 14 Kanama 2022.

Umuhanzi Bruce Melodie nawe yakoreye ibitaramo bibiri bikomeye mu gihugu cy’u Burundi, mu mpera za ‘weekend’ ya mbere ya Nzeri 2022.

Ni ibitaramo byaranzwe n’imiraba n’ibibazo byaturutse ku kuba uyu muhanzi yarageze mu Burundi agahita afungwa ashinjwa ubwambuzi.


 

Umuhanzi Afrique yakoreye igitaramo mu gihugu cy’u Burundi 

Muri iki gitaramo, Afrique yaririmbye indirimbo ze zirimo ‘Agatunda’, ‘Rompe’ n’izindi 


Rebo Chapo wo muri Uganda yaherekeje Afrique mu gitaramo i Burundi 

Afrique aherutse gusohora indirimbo ‘Amarangamutima’ yakoranye na Rebo Chapo wo muri Uganda

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane, nibwo Afrique yataramiye mu Mujyi wa Dubai 

Muri iki gitaramo, yapfumbatishijwe amadorali atagira ingano


  

Afrique yahuye n’umuraperi Green P usigaye ubarizwa i Dubai watangiye umuziki mbere ye 

Imyaka ibiri irashize Afrique yinjiye mu muziki, ariko amaze gutaramira mu bihugu bibiri bigize EAC


KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'AMARANGAMUTIMA'

">





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND