Gukubita umwana ntabwo ari ukumuhana. Gutuka umwana ntaho bihuriye no kumuha amasomo y’ubuzima. Muri iyi nkuru uramenya ingaruka zo guhana umwana umukubita.
Hari
ababyeyi bashobora gutekereza ko gukubita intoki z’umwana, kumunyuzaho umunyafu
cyangwa se kumukubita ikindi kintu bingana no kumwigisha isomo nyamara ntaho
bihuriye, ibi bifatwa nko kwibeshya
cyane! Ahubwo bene ibyo bihano byumvisha abana ko ababyeyi babo cyangwa abandi
bantu bakuru, bagerageza kubatsindagiramo ibyo babigisha bakoreshejwe
n’uburakari.
Guhana umwana umukubita icyo
bihuriyeho n’ibindi bihano bikakaye, ni uko bitewe
n’uburyo kenshi bitangwa hatitawe ku kureba imyaka umwana afite, imyifatire
iranga ikigero arimo, impamvu zatumye akora ikosa izo ari zo, bitigera bitanga
igisubizo byari bitegerejweho, ahubwo bishobora no guhungabanya umwana ku buryo
bukomeye umubyeyi atari yatekereje na mbere hose.
Umwana uhanwa akubitwa
akenshi ashobora gutera icyizere ababyeyi (abarezi) ndetse nawe akitera
icyizere, kuko aba yumva ntacyo ari cyo, ntacyo ashoboye, bikamuviramo kwiheba,
kwigunga, kwanga ishuri cyangwa ababyeyi cyangwa abarimu be. Umwana kandi
ashobora kujya mu muhanda cyangwa ahandi gushaka abamwumva, kunywa inzoga
n’ibindi biyobyabwenge kugira ngo bimufashe kwibagirwa ubuzima arimo bwo
gukubitwa, n’ibindi.
INAMA KU BAREZI N’ABABYEYI: Ntugatinye
guha umwana igihano gishyize mu gaciro, ngo wumve ko ari ukumuhutaza cyangwa ko
yazakuzinukwa. Iyo igihano gitanzwe mu bugwaneza, gitoza umwana kwicisha bugufi
akemera gukosorwa, kandi iyo amaze gukura bimugirira akamaro. Abaheburayo 12:11. Ababyeyi n’abarezi
bagombye kumenya ko igihano iteka kijyana n’ikosa ryakozwe, kandi kigamije
gufasha umwana guhindura imyifatire.
BIMWE MU BYO KWIBAZAHO MBERE YO
GUHANA UMWANA
Bimwe mu bibazo dukwiye kwibaza mbere yo guhana umwana.
Ese ibi yakoze yari azi ko ari bibi? Nta ruhare na ruto jye naba mfite mu gutuma akora iri kosa? Igihano ngiye kumuha gihuye n’ikosa yakoze? Ni ngombwa kumuhana? Nta bundi buryo nakoresha mu kumufasha guhindura imyifatire? Mbese nasubira agakora iri kosa, nzasubira muhe iki gihano? Nzagikuba kabiri cyangwa nzamuha ikindi?
Inkomoko: Healthychildren.org na
Inshuri.org
TANGA IGITECYEREZO