RFL
Kigali

Minisitiri Rosemary Mbabazi yasabye urubyiruko gukoresha igihe cyabo neza no kujya bambara bakikwiza-AMAFOTO

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:12/08/2022 16:51
0


Tariki ya 12 Kanama 2022, u Rwanda rwifatanya n’isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Urubyiruko. Uyu mwaka uyu munsi wizihirijwe mu Karere ka Ruhango aho watangijwe n’igikorwa cy’umuganda.



Mu bisanzwe Umunsi Mpuzamahanga w’Urubyiruko ku isi yose wizihizwa ku itariki ya 12 Kanama buri mwaka, aho urubyiruko rusabwa kugera ikirenge mu cy’ababyeyi babo biteza imbere ndetse banarangwa n’indangagaciro na kirazira by’umuco Nyarwanda.

Kwizihiza uyu munsi Mpuzamahanga w’Urubyiruko ku rwego rw’igihugu mu Rwanda byabereye mu Karere ka Ruhango, aho byabanjirijwe n’umuganda wo kubaka umuhanda no kubumba amatafari yo kubakira umuturage utishoboye, ibiganiro binyuranye ndetse no gutanga amaraso agenewe gufasha abayakeneye.

Muri uyu muhango urubyiruko rwasabwe kujya rutinyuka rugakora, aho ruhuye n’imbogamizi rukagisha inama abakuru, maze abakuru basabwa kwegera abato.

Uyu muhango wabanjirijwe n'umuganda ndetse no kubumba amatafari yo kubakira umuturage utishoboye

Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Rosemary Mbabazi yasabye urubyiruko gukoresha igihe cyabo neza, abari mu biruhuko bagafasha ababyeyi babo imirimo kuko nabyo ari ngombwa, abasaba kwiyubahisha bambara neza, anabasaba kwihesha agaciro.

Ati“Iyo wambara nabi ntuba wiha agaciro ubwawe, n’abakurera ntuba ubaha agaciro. Twihe agaciro twambare twikwize. Hari ingeso mbi zidakwiriye kuranga urubyiruko rwacu; Nk’ubusinzi, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, kwiyandarika, imyambarire idakwiye n’izindi”.

Rosemary Mbabazi kandi yibukije urubyiruko ko kugira ngo rubashe gutanga umusanzu warwo wo kubaka igihugu bisaba kugira indangagaciro z’u Rwanda, ndetse no kurangwa n’imyitwarire myiza. Abasaba gukomeza kujya bafatanya n’ababyeyi babo kuko baba baranyuze muri byinshi.

Alodie Iradukunda, Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko, mu ijambo rye yashimiye urubyiruko ibyo rukora mu guteza imbere igihugu.


Atanga ikiganiro kijyanye n’insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti “Ubufatanye bw’abato n’abakuru mu kubaka u Rwanda twifuza”, Vincent Munyeshyaka yibukije urubyiruko ko ubufatanye bw’ibyiciro byombi ari ngombwa mu kubaka igihugu.
Ubwo uyu munsi wihizizwaga mu mwaka wa 2021 mu muhango wabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, wari ufite insanganyamatsiko igira iti “Uruhare rw’urubyiruko mu guhanga ibishya bikemura ibibazo biri mu buhinzi n’ubworozi kandi bikabungabunga ibidukikije”.

Kuri uyu munsi tariki ya 12 Kanama 2022, uyu muhango wabereye mu Karere ka Ruhango.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND