RFL
Kigali

“Wahisemo kunyambikira impeta ahantu haciriritse gutya kandi tumaze imyaka 5 dukundana ! Gumana impeta yawe” Umusore yabengewe ku karubanda

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:10/08/2022 12:34
0


Umukobwa uri hagati y’imyaka 20 na 30 yanze impeta y’umukunzi we bamaranye imyaka igera kuri 5 bakundana, bitewe n’uko yayimwambikiye ahantu haciriritse.



Abakobwa benshi baba biteguye ibintu bihambaye mu gihe abasore bakundana bagiye kubasaba kubana nabo. Umusore umaze igihe kinini abwira umukobwa ko amukunda, aba yitezweho kumuha urukundo ndetse akarumugaragariza cyane by’umwihariko mu gihe agiye kumusaba kuzamubera umugore.

Aha nta mahirwe abakobwa benshi bahabwa yo gutumira, ariko baba biteguye ibitangaza bigendanye n’ubushobozi bazi ku basore babo. Umusore wagaragaye mu mashusho ari kwangwa n’uwo bakundana ahari ntabwo yigeze amenya umukobwa bakundana ngo amenye ibyo akunda, kugeza ubwo umukobwa amusebereje mu mbaga y’abantu.

Nk’uko bigaragara mu mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, ibi byabereye ahitwa Mc Donald muri San Bernardino muri Amerika ubwo umukobwa yarimo ahaha , maze umusore akamutungura akajya ku mavi akamusaba kuzamubera umugore w’ubizima bwe bwose.

Uyu musore yakuyemo impeta yazanye maze aravuga ati

Mukundwa , ese uzambera umugore?”. Abantu bari bakubise buzuye bose basaba umugore kuvuga ngo ‘Yego’ nk’uko bisanzwe, maze umukobwa arahindukira areba umusore aramubaza ati

Uravugisha ukuri? Ibi byose bisobanuye iki ? Twakundanye imyaka igera kuri 5 yose, nta n’ubwo wari bushake ahantu hazima unsabira ibi bintu aho kunzana aha kuri Mc Donald?”.

Akimara kubwira umukunzi we gutya, umukobwa yahise yigendera asa n’ubabaye cyane ndetse anatengushywe. Aha yamusabiye ko bazabana , ni hamwe muho yise ko haciriritse cyane (Restaurant). Uyu mukobwa yari yiteze ko uwo bakundana azamujyana ahantu heza akamusaba kubana, na cyane ko ngo bari bamaranye imyaka myinshi bakundana.





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND