RFL
Kigali

Yamfashije kumenyekana! Social Mula uri mu Burundi avuga ku ruhare rwa Big Fizzo bagiye kongera gukorana indirimbo

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:22/07/2022 13:58
0


Umuhanzi Mugwaneza Lambert uzwi mu muziki nka Social Mula, yatangaje ko urugendo rw’umuziki we rwashyizweho itafari rikomeye n’umuhanzi Big Fizzo wo mu Burundi, bakoranye indirimbo “Hansage” ikamufasha kumenyekana.



Kuva kuri uyu wa 21 Nyakanga 2022, Social Mula ari kubarizwa mu Burundi mu gitaramo ‘Diaspora Homecoming 2022’ cyo guha ikaze aba-Diaspora, n’abandi bari mu biruhuko muri iki gihugu.

Iki gitaramo, giteganyijwe kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Nyakanga 2022, aragihuriramo n’abahanzi barimo Kidum [Aheruka mu Rwanda aho yasuye Ambasade y’u Burundi mu Rwanda], Big Fizzo, Sat B n’abandi benshi.

Mu kiganiro uyu muhanzi yahaye Akeza net yo mu Burundi, yavuze ko kuva yagera mu Burundi yakiriwe neza. Ati “Ndiyumva neza. Ndumva ntekanye, nakiranwe urugwiro, ndishimye muri macye pe cyane.”

Social yavuze ko guhura n’abaturage bo mu Burundi, ari kimwe mu byamushije. Uyu muhanzi avuga ko afitanye amateka akomeye n’umuziki w’u Burundi, kuko afitanye indirimbo yakoranye na Big Fizzo.

Yavuze ko iyi ndirimbo yamuciriye inzira mu muziki we, bituma amenyekana. Social ati “Ikintu yamfashije kirakomeye [Big Fizzo], yamfashije kumenyekana ku bw'indirimbo twakoranye yitwa 'Hansange'.

Yavuze ko yakoranye indirimbo na Big Fizzo abifashijwemo na Decent Entertainment [Ya Alex Muyoboke]. Avuga ko iyi ndirimbo yatumye abarundi bamenya Social Mula uwo ari we.

Social yavuze ko atiyumvishaga ko yakorana indirimbo na Big Fizzo, ariko ko bagihura yamubonyeho guca bugufi, bemeranya gukora iyi ndirimbo.

Ati “Twahuye ngiye gukora indirimbo twarabanje guhura, ndi umufana we.”- Aha ni mu kiganiro yahaye itangazamakuru ryo mu Burundi akihagera.

Uyu muhanzi avuga ko muri iki gihe ari mu Burundi, hari amahirwe menshi yo gukorana indirimbo na Big Fizzo ndetse na Don.

Ati “Birashoboka. Don dufitanye gahunda yo kongera gukorana. Big Fizzo dufite gahunda yo kongera gukorana. Urumva ko twese turifuza kongera gukorana n'abantu twakoranye n'abandi bashyashya, nibibaho tuzabamenyesha.”

Don Brighter ni umuhanzi ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Asanzwe afitanye indirimbo na Social Mula bise ‘Profile’, yasohotse mu mezi umunani ashize.

Uyu muhanzi nawe ari mu baririmba mu gitaramo cyo guha ikaze aba Diaspora. Yavuze ko azava muri iki gihugu akoranye indirimbo na Kidum ndetse na Social Mula.

Abajijwe niba umuziki wo mu Burundi ucurangwa mu Rwanda, Social Mula yasubije ko 'hari indirimbo z'abarundi zikunzwe mu Rwanda'.

Avuga ko zumvikana mu bitangazamakuru byo mu Rwanda, cyane cyane iziba zikunzwe.

Ni ubwa mbere Social Mula agiye gutaramira mu Burundi. Mu 2021, Leta y’u Burundi yahagaritse ibitaramo bya Israel Mbonyi na Bruce Melodie, igaragaza ko ari mu rwego rwo kwirinda Covid-19.


Social Mula yashimye Big Fizzo watumye amenyekana mu muziki w'u Burundi n'ahandi 

Umuhanzi Don Brigth yatangaje ko agiye kongera gukorana indirimbo na Social Mula


Big Fizzo uherutse mu Rwanda, aho yakoranye indirimbo na Platini bise ‘Ikosa' 

Iki gitaramo giteganyijwe kuri uyu wa Gatanu… Cyatumiwemo abahanzi b’amazina akomeye

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘HANSANGE’ YA SOCIAL MULA NA BIG FIZZO

 ">

REBA HANO UKO SOCIAL MULA YAKIRIWE AKIGERA MU BURUNDI

 ">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘PROFILE’ YA SOCIAL MULA NA DON BRIGTHER

">








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND